Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Nakuraga Niko Nabonaga Ko Hari Byinshi Byo Gukora- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Uko Nakuraga Niko Nabonaga Ko Hari Byinshi Byo Gukora- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 November 2024 4:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame avuga ko uko imyaka ishira ari ko abona ko hari byinshi byo gukora
SHARE

Perezida Kagame avuga ko ubwo yari afite imyaka 40 yatekerezaga ko nagira nka 50 azaba yarakoze byinshi bihagije ku buryo yaruhuka. Ariko yaje gusanga ahubwo ari bwo yari afite ibyo gukora kurushaho.

Kagame yabibwiye abakora mu Biro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere mpuzamahanga, UNDP, bari baje gutaha inzu yiswe Timbuktoo Health Tech Hub.

Avuga ko uko imyaka ye yiyongeraga ari ko yasangaga ibyo gukora bikiri byinshi none arakabakaba imyaka 70.

Ati: “Ku myaka 70[ aseka] ndatekereza ko hazaba hakiri akandi kazi ko gukora”.

Avuga kandi ko niyo yajya mu kiruhuko cy’izabukuru, azakomeza gukora ndetse azibanda k’ukugira inama urubyiruko ku myitwarire iboneye.

Yibukije abamwumvaga ko burya iyo umuntu akiri muto, aba yumva yasimbuka mu ndege nta mutaka kuko aba yumva yashobora ibintu byose.

Nawe avuga ko akiri muto yiyumvaga atyo ariko ko muri rusange iyo umuntu akuze, asigaho, akamenya kwitondera ibiriho.

Ashima abagize igitekerezo cyo gushinga ikigo Timbuktoo Health Tech Hub, akavuga ko ibyari igitekerezo ubu byabaye impamo, igisigaye kikaba gukomeza guhuza ibitekerezo by’udushya twazagikorerwamo.

Kagame kandi asaba urubyiruko rw’Afurika muri rusange n’urw’u Rwanda by’umwihariko kuba imbarutso y’iterambere rikenewe.

Arusaba gukomeza kuba intangarugero mu bikorerwa mu bihugu rukomokamo, rukaba imbarutso ikenewe mu iterambere nyaryo.

Yababwiye ko ibyo kuvuga ko iki kinyejana ari icya Afurika bikwiye kugendana n’ibikorwa, aho kugira ngo ikinyejana kijye kiza gihite, ikindi kize gihite gutyo gutyo…

Timbuktoo HealthTech Hub ni umwe mu mishinga ya UNDP izafasha urubyiruko rw’Afurika kubona aho rucurira ibitekerezo bibyara imari, bikaruteza imbere kuko ari ryo rugize umubare munini w’abatuye Afurika.

TAGGED:AfurikafeaturedImyakaKagameUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abamotari Biyemeje Kudahumanya Ikirere
Next Article Rwanda: Hashyizweho ‘Sites’ Zo Kwita Ku Bazagirwaho Ingaruka N’Ibiza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?