Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uko Uyobora Kaminuza Ya Kepler Abona Ubwenge Buhangano Mu Myigire Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Uko Uyobora Kaminuza Ya Kepler Abona Ubwenge Buhangano Mu Myigire Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2025 12:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Munyampenda Nathalie
SHARE

Nathalie Munyampenda uyobora Kaminuza ya Kepler avuga ko kuba ubwenge buhangano ari igikoresho cyiza mu bushakashatsi no kwihutisha ibintu, mu by’ukuri, budakwiye gusimbura ubwenge bwa muntu.

Munyampenda yabivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru nyuma y’ikiganiro yatangiye mu nama iri kubera i Kigali yitabiriwe n’intiti n’abayobozi bo muri Kaminuza zo muri Afurika bitabiriye inama yitwa Africa Universities Summit igomba kumara iminsi itatu.

Abahanga bitabiriye iyo nama baturutse muri za Kaminuza zo muri Afurika, ariko hari n’abandi bo mu bigo mpuzamahanga bikorana nazo kuri uyu Mugabane.

Batanze ibitekerezo by’uko Kaminuza zakwigira ku zindi.

Umuyobozi wa Kaminuza ya Kepler Nathalie Munyampenda avuga ko u Rwanda rwitabiriye iriya nama rufite intego yo kumva ibyo abandi bagezeho rukabigiraho.

Ati: “Iyi nama ihuje abayobozi ba za Kaminuza kugira ngo twigire ku bandi, nabo batwigireho. Ikibazo twese dufite ni ukumenya uko twakomeza kuzamura ireme ry’uburezi muri za Kaminuza”.

Avuga ko intego bose bahuriye ho ari ukureba uko ibibazo za Kaminuza zifite byakemuka, ahanini bikajyanirana no kubura ibikoresho bigezweho, ubukene bwa benshi mu banyeshuri n’ibindi bisaba kubaka ubushobozi gahoro gahoro.

Munyampenda avuga ko zimwe muri Kaminuza zagaragaje ibyo zagezeho ari iyo muri Ghana no muri Nigeria, akemeza ko kuzamura ireme ry’uburezi ari ingenzi ku barezi bose.

Uyu muyobozi ku rwego rwa Kaminuza ashima ko u Rwanda rwateje imbere za Kaminuza zigenga, akavuga ko ari igisubizo mu gutanga ireme ry’uburezi.

Ati: “Buriya ikintu tugomba kureba ni ukureba niba ibyo twigisha abanyeshuri babyumva neza, uwize kubarura imari akazaba umubaruramari mwiza nk’uko ari kimwe mu byo twigisha iwacu”.

Kubera ko ikoranabuhanga rigeze kure, Munyampenda avuga ko ubwenge buhangano budakwiye gufatwa nk’aho busimbura ubwenge bw’ubukoresha.

Kuri we, icy’ingenzi ni ukubihuza neza kugira ngo bitange umusaruro nyawo.

Yemeza ko ubwenge buhangano ari ikintu kinini, kitari hafi guhagarara ahubwo gikwiye guhabwa umwanya wacyo mu buryo buboneye.

Nick Davis uyobora Ihuriro rya Kaminuza Nyafurika no mu Burasirazuba bwo Hagati ryitwa Times Higher Education (THE) for the Middle East and Africa asanga iterambere ry’uburezi rigomba kugendana no guhanga udushya no gushyiraho ubuyobozi buhamye.

Intiti zaturutse hirya no hino muri Afurika zaje kuganira na bagenzi babo ku iterambere rya za Kaminuza.

Kugira ngo ibyo bigerweho, asanga hakenewe ishoramari rifatika muri uru rwego rw’ingenzi mu majyambere ayo ari yo yose.

Nawe asanga gukoresha ikoranabuhanga ari ngombwa ku kuzamura ireme ry’uburezi ariko ntirisimbure gukoresha ubwonko bwa muntu.

Ati: “ Nta Kaminuza imwe yashobora guteza imbere uburezi kurusha izindi ahubwo igikwiye ni imikoranire kugira ngo ikoranabuhanga ribe umuyoboro mwiza mu kuzamura uburezi…ariko ntibikwiye gusimbura ubwonko bwa muntu”.

Inama iri kubera i Kigali yitabiriwe n’intiti n’abayobozi 400 bo muri Kaminuza zo muri Afurika, ikaba igomba kumara iminsi itatu.

Umwe mu batumiwe uzatangamo ikiganiro ni Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne Dr. Anastase Shyaka.

Uyu mugabo wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda akaba na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu ni umwe mu ntiti u Rwanda rufite.

Afite impamyabumenyi y’ikirenga muri bumenyi muri Politiki yakuye muri Kaminuza yo muri Pologne iri ahitwa Gdańsk.

Afite indi mu ikoranabuhanga rikoresha ibinyabutabire (Chemical Technology) yavanye muri Kaminiza ya Varsovie, umurwa mukuru wa Pologne.

uniAmakuru yo mu mwaka wa 2024 avuga ko imibare yakusanyijwe n’ikigo uniRank yerekana ko muri Afurika hari Kaminuza zemewe n’amategeko zigera ku 1,274.

TAGGED:AfurikaBuhanganofeaturedIkoranabuhangaKaminuzaMunyampendaRwandaUbureziUbwenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article The Ben Yibarutse Imfura
Next Article Kabila Ati: “Ntaho Mpuriye Ni Ibya M23”
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?