Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukraine N’Uburusiya Nibireka Kurwana Natwe Tuzabyungukiramo- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ukraine N’Uburusiya Nibireka Kurwana Natwe Tuzabyungukiramo- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 February 2024 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yabwiye umunyamakuru wo muri Pologne wari umubajije icyo ibibera muri Ukraine bigira ho ingaruka ku Rwanda ko rwahuye n’ibibazo rwatewe n’iriya ntambara n’ubwo ruri mu bilometero byinshi uvuye aho iri kubera.

Kagame avuga ko isi mu by’ukuri ari nto kubera ko ibibera kure bigera no ku bandi badafite ahantu hahafi bahuriye nabyo.

Ati: “ U Rwanda n’ibindi bihugu byose tugira aho duhurira kuko turi ku isi, ibibera ku isi yose bigira n’ingaruka ku Rwanda.”

Yamusubije ko Abanyarwanda bakurikirana ibibera muri Ukraine n’ahandi ku isi kandi ko ibihabera bibagiraho ingaruka.

Zimwe muri izo ngaruka, nk’uko Perezida Kagame yabivuze, ni ibura ry’ ibinyampeke na essence bihagije ryigeze kugera ku Banyarwanda kandi ngo iki ni ikibazo cyageze n’ahandi muri Afurika.

Icyakora Perezida Kagame avuga ko uko byagenda kose, iriya ntambara izarangira kandi ngo ibi nibyo abantu bifuza.

Ati: “ Twese twifuza ko amahoro yaboneka kandi babonye amahoro natwe byatuma hari agahenge tugira.”

Ku byerekeye iterambere risangiwe, Perezida Kagame yavuze ko nk’uko Perezida Duda yabivuze, ibihugu byombi bizakorana mu nzego zitandukanye kandi ngo byose bigomba gushingira ku myumvire isangiwe hagati ya Warsaw na Kigali ku bibazo bahuje.

Perezida wa Pologne yageze mu Rwanda mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki 06, Gashyantare, 2024.

Ni mu ruzinduko azarangiza kuri uyu wa Kane taliki 08, Gashyantare, akazasura ikigo cy’abana bafite ubumuga bwo kutabona kiba mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 07, Perezida Kagame n’umushyitsi Duda bahagarariye umuhango wo gusinya amasezerano hagati ya Kigali na Warsaw mu bufatanye mu nzego zitandukanye.

Hari amakuru avuga ko Pologne iri hafi gufungura Ambasade yayo mu Rwanda ndetse hari n’abemeza ko Perezida Duda azasubira iwabo asize ifunguwe.

TAGGED:AfurikaDudafeaturedKagameNyaruguruPologneUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Pologne Yasabye Abanyarwanda Kujyayo Kwiga Igisirikare
Next Article Perezida Wa Pologne ‘Yapfukamye’ Ashyira Indabo Ku Rwibutso
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?