Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukraine N’Uburusiya Nibireka Kurwana Natwe Tuzabyungukiramo- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ukraine N’Uburusiya Nibireka Kurwana Natwe Tuzabyungukiramo- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 February 2024 1:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yabwiye umunyamakuru wo muri Pologne wari umubajije icyo ibibera muri Ukraine bigira ho ingaruka ku Rwanda ko rwahuye n’ibibazo rwatewe n’iriya ntambara n’ubwo ruri mu bilometero byinshi uvuye aho iri kubera.

Kagame avuga ko isi mu by’ukuri ari nto kubera ko ibibera kure bigera no ku bandi badafite ahantu hahafi bahuriye nabyo.

Ati: “ U Rwanda n’ibindi bihugu byose tugira aho duhurira kuko turi ku isi, ibibera ku isi yose bigira n’ingaruka ku Rwanda.”

Yamusubije ko Abanyarwanda bakurikirana ibibera muri Ukraine n’ahandi ku isi kandi ko ibihabera bibagiraho ingaruka.

Zimwe muri izo ngaruka, nk’uko Perezida Kagame yabivuze, ni ibura ry’ ibinyampeke na essence bihagije ryigeze kugera ku Banyarwanda kandi ngo iki ni ikibazo cyageze n’ahandi muri Afurika.

Icyakora Perezida Kagame avuga ko uko byagenda kose, iriya ntambara izarangira kandi ngo ibi nibyo abantu bifuza.

Ati: “ Twese twifuza ko amahoro yaboneka kandi babonye amahoro natwe byatuma hari agahenge tugira.”

Ku byerekeye iterambere risangiwe, Perezida Kagame yavuze ko nk’uko Perezida Duda yabivuze, ibihugu byombi bizakorana mu nzego zitandukanye kandi ngo byose bigomba gushingira ku myumvire isangiwe hagati ya Warsaw na Kigali ku bibazo bahuje.

Perezida wa Pologne yageze mu Rwanda mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Kabiri taliki 06, Gashyantare, 2024.

Ni mu ruzinduko azarangiza kuri uyu wa Kane taliki 08, Gashyantare, akazasura ikigo cy’abana bafite ubumuga bwo kutabona kiba mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 07, Perezida Kagame n’umushyitsi Duda bahagarariye umuhango wo gusinya amasezerano hagati ya Kigali na Warsaw mu bufatanye mu nzego zitandukanye.

Hari amakuru avuga ko Pologne iri hafi gufungura Ambasade yayo mu Rwanda ndetse hari n’abemeza ko Perezida Duda azasubira iwabo asize ifunguwe.

TAGGED:AfurikaDudafeaturedKagameNyaruguruPologneUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Pologne Yasabye Abanyarwanda Kujyayo Kwiga Igisirikare
Next Article Perezida Wa Pologne ‘Yapfukamye’ Ashyira Indabo Ku Rwibutso
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?