Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukraine Yamenye Ko ‘Umugabo Yigira Yakwibura Agapfa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ukraine Yamenye Ko ‘Umugabo Yigira Yakwibura Agapfa’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 October 2023 2:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rwagati mu Cyumweru gishize hari Inama y’umutekano yabereye muri imwe muri Hoteli z’i Kyiv yavugiwemo iby’ejo hazaza ha Ukraine.

Abayitabiriye barimo abasirikare bakuru n’abandi banyacyubahiro mu bihugu by’inshuti zayo, bose bakana barahuriye ku ngingo y’uko igihe kigeze ngo Ukraine itekereze uko yakwishakamo imbaraga zo guhangana n’Uburusiya kubera ngo yasanze itazakomeza kurambiriza ku nkunga y’amahanga.

Pavel Verkhniatskyi ukora mu kigo cya Ukraine gishinzwe iby’intwaro n’umutekano kitwa COSA Intelligence Solutions avuga ko aho igihugu cye kigeze ari ahantu ho kumenya ko umugabo yigira yakwibura agapfa.

Ubutegetsi bwa  Kyiv buvuga ko iyo bwitegereje busanga amahanga atazakomeza kuyofasha mu ntambara irwana n’Uburusiya, bityo rero ngo ni ahabo ho gutekereza icyo bazakora umunsi inkunga y’amahanga yahagaze.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Izi mpungenge kandi bazishingira ku ngingo y’uko amatora ya Perezida w’Amerika azaba mu Ugushyingo, 2024 ashobora kuzatsindwa n’umuntu adashaka ko Amerika ikomeza gutera inkunga Ukraine.

N’ubwo ibikorwaremezo Ukraine yakoreshaga  mu gukora intwaro yahaga Uburusiya byangijwe n’intambara imazemo igihe, hari amakuru avuga ko ubutegetsi bw’iki gihugu buri gukorana n’inshuti zacyo kugira ngo hubakwa ibindi bigo bikora intwaro kandi ngo ibi bigomba gutangira kubakwa no muri iki gihe intambara igikomeje.

Politico yanditse ko hari ibigo bibiri  byo mu Burayi byamaze kwemera kuzakorana na Ukraine mu kuyubakira ibifaro, indege z’intambara n’ibindi.

Kimwe muri byo ni ikigo cyo Budage kitwa Rheinmetall n’icyo mu Bwongereza kitwa  BAE.

Ubufaransa nabwo burashaka gukorana na Ukraine muri uyu mujyo ndetse na Repubulika ya Czech nayo ni uko.

- Advertisement -

Czech yo izafasha mu gukora ingofero zirinda abasirikare ariko zifite ibyuma bibafasha kureba mu mwijima kandi ngo ni ibintu bigomba gukorwa vuba na bwangu.

Ubutegetsi bwa Ukraine buvuga ko igihe kigeze ngo imere nka Israel.

Ni nka Israel mu rwego rw’uko igomba kwirwanirira n’ubwo bwose itabura gukenera inkunga y’ibihugu by’abatanyabikorwa.

Ukraine ivuga ko igomba gushaka uko irwana n’Uburusiya idategeje buri gihe ko Amerika iyigoboka.

Ni icyemezo gifashwe nyuma y’amagambo amaze iminsi avugwa ko intwaro Uburayi bwahaga Ukraine ziri gushira mu bubiko.

Ibihugu byinshi bivuga ko bidashobora ‘gukomeza guha’ Ukraine intwaro ngo hamnyuma bizasigarire aho!

Kuba Uburusiya bukomeje intambara kandi n’Ubushinwa bukaba bukataje mu gukomeza igisirikare cyabwo, byatumye ibihugu byinshi harimo n’Amerika bitangira kwibaza niba byiteguye mu buryo buhagije kubwa byarwana intambara igihe kirekire niba bikomeje kwikuraho intwaro bikaziha Ukraine.

Twabibutsa ko ibi bibaye nyuma y’imyaka ibiri gusa intambara ya Ukraine n’Uburusiya itangiye.

Nk’uko byavuzwe haruguru, igihe kirageze ngo Ukraine imenye ko umugabo yigira yakwibura agapfa.

TAGGED:BurusiyafeaturedIntambaraIntwaroIsraelUbutegetsiUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingamba Nshya Zo Gukemura Ibura Rya Bisi Mu Mujyi Wa Kigali
Next Article Eric Kneedler: Ambasaderi Mushya W’Amerika Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?