Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ukraine Yazibukiriye Ibyo Kujya Muri OTAN/NATO
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ukraine Yazibukiriye Ibyo Kujya Muri OTAN/NATO

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 March 2022 10:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Ukraine yatangaje ko igihugu cye cyavuye ku mugambi wo kuzajya mu Muryango wo gutabarana w’ibihugu by’i Burengerazuba bw’isi, OTAN/NATO.

Ni icyemezo yatangaje ko cyafashwe mu rwego rwo gucubya uburakari bw’u Burusiya budashaka ko Ukraine yajya muri uriya muryango kubera ko bwanga kuvogerwa

Yagize ati: “ Ntabwo Ukraine izajya na rimwe muri OTAN/NATO.”

Icyizere gihari ni uko icyemezo cya Ukraine gishobora gucururutsa uburakari bwa Perezida Putin akaba yategeka ingabo ze gutaha.

Perezida Zelensky yagize ati: “ Ukuri ni uko Ukraine itazigera na rimwe ijya muri NATO/OTAN.”

Vladimir Putin yakunze gusaba ko Ukraine itahirahira ngo ijye muri OTAN/NATO ariko i Kiev babanje kubicyerensa.

Baje kubona ko  Putin ibyo avuga aba akomeje, ubwo yatangizaga intambara yanga ko kiriya gihugu cyakorana n’abo afata nk’abanzi be.

Mu Cyumweru gishize hari ibiganiro byabaye hagati y’abanyapolitiki bo ku mpande zombi, hagamijwe kureba uko intambara yahagarara.

Umwe mu bajyanama ba Perezida wa Ukraine witwa Oleksiy Arestovich avuga ko kuba Ukraine yazibukiriye kujya muri OTAN/NATO bishobora gutuma intambara ihagarara mu Byumweru bicye biri imbere.

Ku rundi ruhande, abakurikirana iby’intambara hagati ya Moscow na Kiev bavuga ko kugira ngo ibiganiro bizagere ku musaruro, bizasaba igihe gihagije.

Ngo si ibyo guhubukirwa kuko ntawamenya icyo Putin ateganya hagati aho.

TAGGED:featuredIntambaraPutinUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impamvu Perezida Kagame Yagabiye Muhoozi Inyambo
Next Article Leta Y’u Rwanda Yashyizeho Gahunda Yo Gucutsa Umuturage- Min Gatabazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?