Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umubyeyi W’Umugabo Ni Uw’Agaciro Mu Buzima Bw’Urugo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Umubyeyi W’Umugabo Ni Uw’Agaciro Mu Buzima Bw’Urugo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 June 2022 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Buri taliki 19, Kamena, buri mwaka Isi yibuka kandi ikazirikana akamaro k’umubyeyi w’umugabo mu burere bw’umwana n’iterambere ry’umuryango. Icyakora abagabo benshi banengwa n’abagore babo ko babyara ubundi bagaterera iyo, bakibwira ko umwana ari uwa Nyina kandi ko kurera ari uguhahira urugo gusa.

Kubera ko mu ngo nyinshi cyane cyane izo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, umugabo aba ari we uhahira urugo, umugore akaguma mu rugo yita ku bibazo by’abana, abagabo benshi ntababona umwanya uhagije wo kuganira n’abo babyaye.

Umugore siwe ugomba kuvunikira urugo gusa

Bigira ingaruka kubera ko bituma abana bakura batazi igitsure cya Se ndetse hari n’ubwo bibaviramo kuba ibirara( abahungu) cyangwa ibyomanzi( ku bakobwa) bagahinduka ikibazo ku bihugu byababyaye.

Imibereho yo mu Kinyejana cya 21 irakomeye k’uburyo abantu muri rusange n’abagabo by’umwihariko bazindukira mu kazi kandi bagataha bwije, akazi kabasizemo imvune.

Birababaje ko niyo ababyeyi b’abagabo batashye, akenshi bahitira ku kabari aho bita mu ‘kagoroba k’aba Papa’ aho kugira ngo bajye mu ngo zabo  kureba uko biriwe, baganire n’abana ndetse n’abo bashakanye.

Imwe mu mpamvu abagabo batanga ibatera kugorobereza muri ako kagoroba k’aba Papa ni ukwanga ko bagera mu rugo hakiri kare bagatangira gutongana n’abagore babo bapfa ibindi runaka.

Ni ubwirinzi bavuga ko butuma badahora mu ntonganya n’abo bashakanye ariko nanone butabura kugira izindi ngaruka.

Uburyo bwiza bwo gucyemura ikibazo ni ukukiganiraho n’uwo mugifitanye kandi bigakora amazi atararenga inkombe.

Kutabona kw’umubyeyi w’umugabo mu rugo bigira ingaruka cyane cyane ku bakobwa be.

Bisa n’aho ari ikita rusange ku bakobwa bose bo ku isi kumva bakunze Se cyane.

Abakobwa benshi bushimira izina ‘Uwase’, ‘Mukasekuru’ n’andi yumvikanishamo ko Se afite agaciro mu bandi bagabo.

Icyakora bababazwa no kubona Se yitwara nabi mu bandi cyangwa ntababonere umwanya ngo abaganirize, abatembereze, babone ko bafite umubyeyi w’umugabo ubakunda kandi uboneka igihe cyose bamushakiye ntibamubure.

Umubyeyi w’umugabo ni inkingi ikomeye mu burere bw’abana no mu mutuzo w’urugo muri rusange.

Ku rundi ruhande, ababyeyi b’abagabo ni abo gushimirwa uruhare rwabo mu mibereho myiza y’ingo zabo ndetse bashimirwa n’uburyo bubaha abagore babo ntibabafate nk’aho ari abo bakoye ngo bumve ko uruvuze umugore ruvuga umuhoro, ahubwo bakabafata nk’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’urugo n’igihugu muri rusange.

TAGGED:featuredUmubyeyiUmugaboUmukobwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri DRC Abaturage Bitwaje Imihoro Barasaka Imodoka
Next Article CHOGM: Uko Imihanda Izakoreshwa Ku Wa 20 Kamena 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?