Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Avuga Ko Uburyo Bugezweho Bwo Gutwara Abasirikare N’Ibikoresho Ari Ngombwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Avuga Ko Uburyo Bugezweho Bwo Gutwara Abasirikare N’Ibikoresho Ari Ngombwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 January 2022 5:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Jean Bosco Kazura avuga ko ari ngombwa ko ingabo z’ibihugu by’Afurika muri rusange n’iz’u Rwanda by’umwihariko zigira ibikoresho bigezweho byo gutwara abasirikare n’ibikoresho byabo aho bibaye ngombwa ko boherezwa.

Yabivuze ubwo yarangizaga Inama ikomeye yahuje abagaba b’ingabo zirwanire mu kirere mu bihugu by’Afurika zifatanyije n’iz’Amerika zikorera muri Afurika.

Iriya nama yari imaze iminsi micye ibera muri Kigali Convention Center.

Ubwo yavugaga ijambo ryo kuyirangiza, General Jean Bosco Kazura yavuze ko ingabo zigomba guhabwa uburyo bwo gutwara abasirikare n’ibikoresho bigezweho kandi bihagije kugira ngo aho ingabo zoherejwe zihagere bitazigoye kandi zidatinze.

Yagize ati: “ Ubusanzwe ibikorwa bya gisirikare haba muri Afurika cyangwa ahandi biba bishingiye k’ugutwara ingabo n’ibikoresho. Ni ngombwa ko ibihugu byacu bigira uburyo buhamye bwo gukora aka kazi kandi bujyanye n’igihe.”

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda yashimye abagaba b’ingabo bitabiriye iriya nama kandi avuga ko afite yizeye ko ubunararibonye abayitabiriye basangijwe na bagenzi babo buzafasha mu mikoranire igamije kuzamura imikorere y’ingabo zirwanira mu kirere z’Afurika  muri rusange.

Ubwo yatangizaga iriya nama Perezida Kagame mu ntangiriro z’iki Cyumweru,  yasabye Ingabo zirwanira mu kirere muri Afurika kurushaho kubaka ubufatanye bugamije guhangana n’ibibazo by’umutekano, kubera ko iterambere ritaboneka udahari.

Ni inama yari igamije kungurana ibitekerezo ku bufatanye bw’ingabo zirwanira mu kirere, by’umwihariko ikazibanda ku bwikorezi bw’abantu n’ibintu muri Afurika, Strategic Airlift.

Yateguwe ku bufatanye n’ubuyobozi bw’ingabo za Amerika zirwanira mu kirere zikorera mu Burayi n’izikorera muri Afurika (USAFE-AFAFRICA).

Iyi nama yabereye muri Kigali Convention Center
TAGGED:AbasirikareAfurikafeaturedIngaboKagameKazura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Yishimiye Ko u Rwanda Rwafunguye Umupaka Wa Gatuna
Next Article Intumwa Ya Museveni Iheruka Mu Rwanda Yashimye Akazi Kakozwe Na Gen Kainerugaba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?