Umugaba W’Ingabo Z’u Rwanda Gen Kazura Azasura u Bufaransa

Amakuru Taarifa icyesha Jeune Afrique avuga ko Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen Jean Bosco Kazura azasura u Bufaransa kuri uyu wa Mbere taliki 14, Werurwe, 2022.

Mu nkuru ya Jeune Afrique ntibavugamo ibiri ku murongo w’ibyo Gen Kazura azaganira na bagenzi be bayobora ingabo z’u Bufaransa ariko birashoboka ko abayobozi bakuru mu by’umutekano hagati ya Kigali na Paris bazaganira uko ubufatanye mu bya gisirikare buhagaze muri iki gihe.

U Rwanda n’u Bufaransa ni ibihugu bifitanye umubano mwiza  muri iki gihe kandi mu ngeri zitandukanye.

U Rwanda rwohereje ingabo zarwo mu bihugu u Bufaransa bufitemo ibikorwa haba muri Mozambique, muri Centrafrique ndetse no muri Mali rwahoze ruhafite abapolisi.

- Advertisement -

Hari n’amakuru avuga ko kuba u Rwanda rushaka kugirana umubano na Mauritanie nabyo ari uburyo bwo gukomeza gukorana n’u Bufaransa cyangwa ikindi gihugu icyo ari cyo cyose kifuza ko muri Mali hagaruka amahoro arambye, azira imitwe y’abarwanyi imaze igihe yaraciye ibintu mu gace ka Sahel.

Muri Mali u Bufaransa bwari bumaze igihe kinini buhafite ingabo zahageze guhera mu mwaka wa 2014 zivuga ko zigiye gukumira imitwe y’ibyihebe yari imereye nabi ubutegetsi bwa Amadou Toumani Touré uherutse gutabaruka.

Mu nkuru ya Jeune Afrique handitsemo ko Gen  Kazura azaba ari kumwe n’abandi basirikare bakuru bane bo mu Ngabo z’u Rwanda, urugendo rwe i Paris rukazamara iminsi itatu, ni ukuvuga guhera taliki 14 kugeza taliki 17, Werurwe, 2022.

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version