Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugabo W’i Nyagatare Aravugwaho Gusambanya Umwana We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Umugabo W’i Nyagatare Aravugwaho Gusambanya Umwana We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 February 2024 9:54 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Akarere ka Nyagatare
SHARE

Umugabo wo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare ku Cyumweru taliki 04, Gashyantare, 2024 yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka itatu.

Abaturage babwiye itangazamakuru ko amakuru bafite avuga ko uyu mugabo yatangiye gusambanya umwana we nyuma gato yo kwirukana Nyina.

Babwiye BTN  ko Se w’uwo mwana yari amaze gutandukana n’abagore batandatu kandi ngo byamenyekanye nyuma y’uko byari bimaze iminsi bihwishiswa ko yaba asambanya umwana we kuko bararaga bumva umwana ataka kandi atarwaye.

Byatumye bamwe mu bagore bihererana umwana baramwinja barebye imyanya y’ibanga basanga yarangijwe.

Umwe mu baturage ati: “Ejo rero nibwo twatanze amakuru neza tuyaha Mudugudu aratubwira ngo naza tumufate.”

Ubwo uyu mugabo yafatwaga yabanje guhakana ko asambanya umwana we, ababwira ko ari abandi bana bajya bamusambanya.

Yaje kugerageza gushaka kwiruka abaturage baramucakira, bamushyikiriza inzego z’umutekano.

Ano baturage bavuga ko ibyo yakoreye umwana we ari icyaha ndengakamere, ibyo bise iyicarubozo.

Umwe yagize ati“Iyo afata nk’ibiraya bikuru ntajye kwica umwana we, biriya ni nko kwica urubozo.”

Uyu mwana wasambanyijwe yavuze ko yari yaranze kubivuga kubera ko Se yamubwiye ko nabivuga azamwica.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Rukuranyenzi, Hakuzimana Protais yemeje iby’aya makuru ashimangira ko uyu mugabo yahise atabwa muri yombi.

Kugeza ubu uyu mugabo afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Karangazi mu Karere ka Nyagatare.

 

TAGGED:AbaturagefeaturedGusambanyaKarangaziNyagatareUmugaboUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Kibeho Perezida Wa Pologne Arasura Ikigo Cy’Abafite Ubumuga
Next Article Gisagara: Abantu Batatu Bo Mu Isibo Imwe Barakekwaho Gupfa Barozwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?