Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umugore Wa Besigye Aramutabariza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Umugore Wa Besigye Aramutabariza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 November 2024 11:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Winnie Byanyima
SHARE

Umugore wa Kizza Besigye witwa Winny Byanyima asaba amahanga gukomeza gushyira igitutu ku butegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni kugira ngo arekure umugabo we uherutse kuvanwa muri Kenya akaba ari kuburanishirizwa mu nkiko za gisirikare muri Uganda.

Byanyima avuga ko ubutegetsi bwa Museveni bwanize ubwisanzure muri Uganda mu gihe kirekire.

Avuga ko umugabo we yatotejwe mu myaka 25 ishize kandi ngo ni ikintu bigaragara ko atari hafi guhagarika.

Madamu Byanyima asanzwe ayobora ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe rishinzwe kurwanya SIDA ryitwa UNAIDS.

Besigye aherutse gufatirwa i Nairobi, azanwa muri Uganda.

Ni igikorwa ubutegetsi bw’i Kampala buvuga ko bwafashijwemo n’ubw’i Nairobi.

Si Byanyima usaba ko Kizza Besigye arekurwa, ahubwo na sosiyete sivile muri Uganda irabisanga ndetse igasaba ko na Kenya isobanura uko yafashije Uganda kubona no gufunga uriya munyapolitiki utavuga rumwe na Leta ya Kampala.

Uyu mugabo wahoze ari Colonel mu ngabo za Uganda akaba na muganga wavuraga Museveni mu bihe by’intambara yamugejeje ku butegetsi, ari kuburanishwa n’inkiko za gisirikare.

Mu rukiko yavuze ko azaburanirwa n’abanyamategeko yihitiyemo.

Yavuze kandi ko atari akwiye kuburanishirizwa mu nkiko za gisirikare kuko yakivuyemo.

Kizza Besigye yabaye umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Museveni mu gihe kirekire.

Yiyamamarije kuyobora Uganda inshuro enye ariko aratsindwa.

TAGGED:ByanyimafeaturedMuseveniUbutegetsiUmunyapolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbabazi Ni Ingenzi Mu Kubanisha Abantu-Harvey
Next Article Musanze: Bateye Ibiti Byo Gufata Ubutaka Bwashokeraga Mu Kiyaga Cya Ruhondo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?