Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukecuru Yaregeye Rucagu Ko Yahugujwe Isambu Ye N’Akarere Ka Nyamagabe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umukecuru Yaregeye Rucagu Ko Yahugujwe Isambu Ye N’Akarere Ka Nyamagabe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2021 12:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Boniface Rucagu wigeze kuba Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru  akaza no kuyobora Kimosiyo y’igihugu y’Itorero yabwiye Taarifa ko hari umukecuru uherutse kumugezaho ikibazo cy’uko ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwamuhuguje isambu ye yose.

Uyu mukecuru twamenye ko yitwa Ntawushiragahinda Séraphine.

Rucagu Boniface avuga ko umukecuru wamugejejeho kiriya kibazo batari basanzwe baziranye ahubwo ko hari umuntu wagiriye uriya mukecuru inama yo kugeza ikibazo cye kuri Rucagu kugira ngo azamukorere ubuvugizi.

Ikibazo cy’uriya mukecuru ngo gishingiye ku karengane avuga ko yakorewe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwamwambuye isambu ye yose kandi mu rubanza baburanye urukiko rwaranzuye ko atsinzwe ariko agomba guha Akarere igice cy’isambu ariko Akarere ngo kayifashe yose.

Bwana Rucagu amaze kubona kiriya kibazo yagiye kukigeza kuri Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi ngo agire icyo agikoraho.

Ubutumwa bwanditse Boniface Rucagu yahaye Taarifa bukubiyemo ikibazo yagejejweho n’uriya mukecuru wo mu Murenge wa Buruhukiro bugira buti: “Ni koko nagiye kureba Minisitiri ku kibazo cy’umukecuru wo muri Nyamagabe umurenge wa Buruhukiro nk’uko wabyanditse !!!

Abayobozi bamenesheje uwo mukecuru ku rubanza yaburanye n’Akarere baburana isambu, umukecuru aratsindwa noneho mu kurangiza urubanza bafata isambu ye yose kandi baraburanye igice cyayo !!!

 Ubwo rero bandikiye uwo mukecuru ngo nave mu isambu y’Akarere yose aho gufata gusa aho baburanye !!! Uwo mukecuru kandi afite abana 10 ubu akaba yabuze aho yerekera !!Yabuze epfo na ruguru abura hirya abura no hino !!!”

Minisitiri Gatabazi yasezeranyije Rucagu kuzakurikirana iki kibazo

Avuga ko mu butumwa yabonye yohererejwe n’uriya mukecuru hari handitsemo ko uriya mukecuru hari  umuntu bahuye aramuganyira amubwira akarengane ke, noneho uwo muntu aha uwo mukecuru amazina ya Rucagu  na numero ye ya telefoni undi aramwandikira.

Rucagu ati: “Nguko rero uko nagajejweho icyo kibazo…”

Avuga ko ikibazo aherutse kukigeza kuri Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu kandi ngo yacyakiriye neza ndetse agishinga umuntu ngo agikurikirane azamuhe raporo kandi vuba.

Meya wa Nyamasheke ati: “ Ntumukagendere mu bujiji bwe…”

Meya wa Nyamagabe Bonaventure Uwamahoro ati: ” Ntumukagendere mu bujiji bwe…”(Photo Kigali Today)

Taarifa yahamagaye Meya w’Akarere ka Nyamagabe Bonaventure Uwamahoro kugira ngo agire icyo avuga kuri icyo kibazo adusubiza ko uriya mukecuru abeshya kuko ngo urukiko rwanzuye ko isambu ayamburwa.

Ati: “ Ni gute Ntawushiragahinda ashaka kwigarurira umusozi wose? Kuki mushaka kugendera mu bijiji bwe. Ni icyemezo cyafashwe n’urukiko. Muzaze abereke icyo urukiko rwanzuye. Na Rucagu nawe azaze abirebe.”

N’ubwo Meya Uwamahoro avuga ko urukiko rwanzuye ko isambu yose y’uriya mukecuru ayamburwa, uriya mukecuru we yabwiye Boniface Rucagu ko umwanzuro w’urukiko uvuga ko agomba guha akarere ‘igice cyayo.’

TAGGED:AkarerefeaturedIsambuMeyaNyamagabeUwamahoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Babiri Ba SADC Bamaze Kugwa Muri Mozambique
Next Article Abatalibani Batangije Intambara Kubatavuga Rumwe Nabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?