Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukobwa W’Imyaka 23 Yafatanywe Udupfunyika 36 Twa Heroin
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umukobwa W’Imyaka 23 Yafatanywe Udupfunyika 36 Twa Heroin

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2021 8:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi umukobwa w’imyaka 23 afite udupfunyika 36 tw’ikiyobyabwenge gihambaye cyo mu bwoko bwa  Heroin, avuga ko na we afite undi acururiza.

Uyu mukobwa yafashwe ku wa Gatanu tariki ya 07 Gicurasi n’abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge. Yafatiwe mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyakabanda, Akagari ka Munanira I.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyarugenge, SSP Jackline Urujeni, yavuze ko yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bavuze ko acuruza ibiyobyabwenge.

Ati “Twahawe amakuru n’abaturage ko asanzwe acuruza ibiyobyabwenge,  abapolisi bo mu ishami ryacu  bashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge bahise bajya aho bari bamuturangiye ko arimo kubicuruza  mu Nyakabanda, bagezeyo bamufatana udupfunyika 36 twa Heroin.”

SSP Urujeni akomeza avuga ko amaze gufatwa yavuze ko afite uwo acururiza ibi biyobyabwenge, yavuze izina rye rimwe ko yitwa Ally na we ukorera mu Karere ka Nyarugenge.

SSP Urujeni yagiriye inama umuntu wese ufite aho ahurira n’ibiyobyabwenge ko akwiriye kubicikaho, kuko atazabura gufatwa agashyikirizwa ubutabera.

Yashimiye abaturage badahwema gutanga amakuru y’abakora ibyaha, asaba n’abandi kugira umuco wo kwicungira umutekano batanga amakuru kandi bakayatangira ku gihe.

Uwafashwe yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacya (RIB) rukorera kuri Sitasiyo ya Nyakabanda, mu gihe iperereza rikomeje ngo na Ally afatwe.

Iteka rya minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira ikiyobyabwenge cya Heroin mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko rivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

TAGGED:HeroinIbiyobyabwengePolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Wa Centrafrique Yashimiye Abapolisi B’U Rwanda Bamucungira Umutekano
Next Article Ingaruka Guhangana Na COVID-19 Byagize Ku Kurwanya Malaria Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?