Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukuru W’Umudugudu Afungiye Mu Kigo Cy’Inzererezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umukuru W’Umudugudu Afungiye Mu Kigo Cy’Inzererezi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2022 3:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Rubavu haravugwa inkuru y’Umukuru w’Umudugudu wari warabuze, abantu bibaza aho yarengeye ariko bikaba byaje kumenyekana ko afungiye mu Kigo cy’inzererezi kiri mu Murenge wa Nyakiriba.

Uwo Mukuru w’Umudugudu yari asanzwe ayobora Umudugudu wa Nyakibande, Akagari ka Gikombe mu Murenge wa Nyakiriba.

Bagenzi bacu bo ku UMUSEKE bari bamaze iminsi banditse ko uriya Mudugudu yatwawe nyuma y’iminsi mike hari umuvuzi gakondo wari waje mu rugo rw’umuhungu we ateza abanyamakuru inzuki.

Icyo gihe ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwari bwemereye kiriya kinyamakuru ko buzi ibura rya Mudugudu kandi ko barimo bashakisha aho aherereye.

Bwavugaga ko butahuza ibura rye n’umuvuzi gakondo wateje abanyamakuru inzuki.

Umurenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu

Ubu byamenyekanye ko uwabuze afungiye muri kimwe mu bigo bifungirwamo by’igihe gito abantu bananiranye cyangwa inzererezi cya Kanzeze.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Kambogo Ildephonse yavuze ko uyu Muyobozi w’Umudugudu arimo akosorerwa.

Kambogo avuga ko uriya muyobozi ari gukosorwa by’igihe gito ndetse abazwa ibyo guteza abaturage inzuki n’ubwo hari ibyo yinangiye gusubiza.

Yagize ati “Ntabwo afunze arimo gukosorwa, Mudugudu ni umuyobozi, aragiye arishije abantu inzuki abaturage baratakamba, tujya kumubaza abantu babikoze ntiyabatangaza kandi bibereye iwe. Nka Mudugudu afite inshingano zo gutangaza amakuru kugira ngo inzego zibikurikirane.”

Mayor Kambogo Ildephonse yibukije ko ikintu cyose kibangamiye ituze ry’abaturage kigomba kwitabwaho, avuga kandi ko nk’umuntu wagiriwe icyizere cyo kuyobora Umudugudu atakabaye nyirabayazana yo kubangamira abaturage ateza abantu inzuki.

Mudugudu ufunzwe ni umugabo ukuze kuko afite imyaka 67 y’amavuko.

TAGGED:featuredMeyaMuduguduRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yahaye u Rwanda Inkingo 254,400 Za COVID-19 Zigenewe Abana
Next Article Ingabo Z’u Rwanda N’Iza Qatar Zikomeje Gutsura Umubano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?