Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umukuru W’Umudugudu Afungiye Mu Kigo Cy’Inzererezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umukuru W’Umudugudu Afungiye Mu Kigo Cy’Inzererezi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 June 2022 3:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Rubavu haravugwa inkuru y’Umukuru w’Umudugudu wari warabuze, abantu bibaza aho yarengeye ariko bikaba byaje kumenyekana ko afungiye mu Kigo cy’inzererezi kiri mu Murenge wa Nyakiriba.

Uwo Mukuru w’Umudugudu yari asanzwe ayobora Umudugudu wa Nyakibande, Akagari ka Gikombe mu Murenge wa Nyakiriba.

Bagenzi bacu bo ku UMUSEKE bari bamaze iminsi banditse ko uriya Mudugudu yatwawe nyuma y’iminsi mike hari umuvuzi gakondo wari waje mu rugo rw’umuhungu we ateza abanyamakuru inzuki.

Icyo gihe ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwari bwemereye kiriya kinyamakuru ko buzi ibura rya Mudugudu kandi ko barimo bashakisha aho aherereye.

Bwavugaga ko butahuza ibura rye n’umuvuzi gakondo wateje abanyamakuru inzuki.

Umurenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu

Ubu byamenyekanye ko uwabuze afungiye muri kimwe mu bigo bifungirwamo by’igihe gito abantu bananiranye cyangwa inzererezi cya Kanzeze.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Kambogo Ildephonse yavuze ko uyu Muyobozi w’Umudugudu arimo akosorerwa.

Kambogo avuga ko uriya muyobozi ari gukosorwa by’igihe gito ndetse abazwa ibyo guteza abaturage inzuki n’ubwo hari ibyo yinangiye gusubiza.

Yagize ati “Ntabwo afunze arimo gukosorwa, Mudugudu ni umuyobozi, aragiye arishije abantu inzuki abaturage baratakamba, tujya kumubaza abantu babikoze ntiyabatangaza kandi bibereye iwe. Nka Mudugudu afite inshingano zo gutangaza amakuru kugira ngo inzego zibikurikirane.”

Mayor Kambogo Ildephonse yibukije ko ikintu cyose kibangamiye ituze ry’abaturage kigomba kwitabwaho, avuga kandi ko nk’umuntu wagiriwe icyizere cyo kuyobora Umudugudu atakabaye nyirabayazana yo kubangamira abaturage ateza abantu inzuki.

Mudugudu ufunzwe ni umugabo ukuze kuko afite imyaka 67 y’amavuko.

TAGGED:featuredMeyaMuduguduRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yahaye u Rwanda Inkingo 254,400 Za COVID-19 Zigenewe Abana
Next Article Ingabo Z’u Rwanda N’Iza Qatar Zikomeje Gutsura Umubano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

You Might Also Like

Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?