Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umumotari Yahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 4000 Arayanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umumotari Yahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 4000 Arayanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2023 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Buhuru, Akagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu hari umumotari uherutse gufatwa ari guha umupolisi ruswa ya Frw 4000 ngo areke kumuhanira ikosa yari amusanzemo. Umupolisi yarayanze.

Motari yari afashwe ahetse abantu babiri kandi bitemewe mu mategeko agenga gutwara abantu ku binyabiziga bito nka moto.

Uwafashwe ni umugabo w’imyaka 28 y’amavuko.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’i Burengerazuba avuga ko uriya mumotari yafashwe n’abapolisi bari mu kazi ko gucunga umutekano wo mu muhanda.

Hari mu ijoro ahagana saa yine.

CIP Mucyo Rukundo ati: “ Ubwo abapolisi bari bari mu kazi ko gucunga umutekano wo mu muhanda nk’uko bisanzwe mu Mudugudu wa Buhuru, baje guhagarika moto ifite nimero RG 851 B, yari iriho umumotari wari uhetse abagenzi babiri. Mu gihe yari agiye kwandikirwa amande yanze kubyemera ahubwo  akomeza guhatiriza ngo ahabwe imbabazi ari nako akura amafaranga y’u Rwanda 4000, ayahereza umupolisi, ako kanya ahita atabwa muri yombi.”

Uyu mupolisi uvugira Polisi muri iriya Ntara asaba abaturage[harimo n’abamotari] kwirinda amakosa yo mu muhanda ayo ari yo yose kuko ari kimwe mu bitera impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bw’abantu.

Yavuze ko ari iby’ubwenge ko ufashwe yirinda guhatiriza ngo arekurwe agende  cyangwa ngo atekereze ko yatanga ruswa, ikamutabara.

Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

TAGGED:PolisiRubavuUmumotari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bakinnyi 30 Ba Basketball Bazize Jenoside, 19 Bakiniraga Espoir BBC
Next Article Ethiopia: Nyuma Ya Tigray Haratutumba Indi Ntambara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

RDF na Polisi Bari Guha Abatuye Sudani Y’Epfo Uburyo Bwo Kwirinda Malaria

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?