Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umumotari Yahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 4000 Arayanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umumotari Yahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 4000 Arayanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2023 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Buhuru, Akagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu hari umumotari uherutse gufatwa ari guha umupolisi ruswa ya Frw 4000 ngo areke kumuhanira ikosa yari amusanzemo. Umupolisi yarayanze.

Motari yari afashwe ahetse abantu babiri kandi bitemewe mu mategeko agenga gutwara abantu ku binyabiziga bito nka moto.

Uwafashwe ni umugabo w’imyaka 28 y’amavuko.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’i Burengerazuba avuga ko uriya mumotari yafashwe n’abapolisi bari mu kazi ko gucunga umutekano wo mu muhanda.

Hari mu ijoro ahagana saa yine.

CIP Mucyo Rukundo ati: “ Ubwo abapolisi bari bari mu kazi ko gucunga umutekano wo mu muhanda nk’uko bisanzwe mu Mudugudu wa Buhuru, baje guhagarika moto ifite nimero RG 851 B, yari iriho umumotari wari uhetse abagenzi babiri. Mu gihe yari agiye kwandikirwa amande yanze kubyemera ahubwo  akomeza guhatiriza ngo ahabwe imbabazi ari nako akura amafaranga y’u Rwanda 4000, ayahereza umupolisi, ako kanya ahita atabwa muri yombi.”

Uyu mupolisi uvugira Polisi muri iriya Ntara asaba abaturage[harimo n’abamotari] kwirinda amakosa yo mu muhanda ayo ari yo yose kuko ari kimwe mu bitera impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bw’abantu.

Yavuze ko ari iby’ubwenge ko ufashwe yirinda guhatiriza ngo arekurwe agende  cyangwa ngo atekereze ko yatanga ruswa, ikamutabara.

Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

TAGGED:PolisiRubavuUmumotari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bakinnyi 30 Ba Basketball Bazize Jenoside, 19 Bakiniraga Espoir BBC
Next Article Ethiopia: Nyuma Ya Tigray Haratutumba Indi Ntambara
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?