Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamakuru Wa BBC Yahagaritswe Kuko Yavogereye Umwami Charles III
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umunyamakuru Wa BBC Yahagaritswe Kuko Yavogereye Umwami Charles III

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2023 10:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwami Charles III aherutse gutegeka ko umunyamakuru wa BBC ufata amashusho asohorwa mu nzu yakorerwagamo umuhango wo kumusiga amavuta. Hari nyuma y’uko amubonye ari gufatisha telefoni ye amashusho bari kumusiga amavuta ya cyami kandi bitamewe.

Byabaye mu masaha make yabanjirije umuhango nyirizina wo kwimika Charles III.

Gusiga umwami amavuta nicyo gice kihariye kandi cyubahwa kurusha ibindi biranga umuhango wo kumwimika kandi ntibiba byemewe ko bibonwa n’uwo ari we wese harimo n’abanyamakuru.

Umunyamakuru wa BBC we yarikoze afata telefoni ye acunga ku jisho abari mo basiga umwami amavuta ya cyami, atangira gufata amashusho.

Nyiri ubwite ari we umwami Charles III yaje kumubona, ahita ategeka ko bamusohora.

Ubuyobozi bwa BBC bwahise buhagarika uwo mu ‘cameraman’ kuko ibyo yakoze bitari biri mu nshingano bamuhaye.

Kwimika umwami Charles III byabaye uwo munyamakuru ufata amashusho atari mu kazi.

The Sun yanditse ko ikarita yemerera uwo munyamakuru gukorera ibwami yayambuwe.

Abanyamakuru bari basanzwe barahawe ahantu batagomba kurenga mu gihe bari mu kazi.

Kuba umunyamakuru wa  BBC yararengereye akajya kwigobeka ahantu kugira ngo afate amashusho y’uko umwami asigwa amavuta, byarakaje ibwami n’abakoresha be.

Amavuta yasizwe umwami w’Ubwongereza yavanywe i Yeruzalemu.

Akozwe mu ruvange rw’ibimera by’agaciro birimo sesame, amaroza, jasmine, cinnamon, neroli, benzoin, ikitwa amber n’indabo z’amaronji.

Yahawe umugisha n’abayobozi b’amadini bakomeye barimo uw’i Yeruzalemu witwa Theophilos III ndetse n’uw’idini ry’Abangilikani b’i Yeruzalemu witwa Hosam Naoum.

Igikorwa cyo kuyaha umugisha cyabereye muri Kiliziya Ntagatifu yitwa Holy Sepulchre.

Umwami Charles yarakajwe n’uko cameraman wa BBC yamufashe amashusho atemewe
TAGGED:AmavutaBBCfeaturedUbwongerezaUmunyamakuruUmwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jenoside Yakorewe Abatutsi Yasabiwe Guhabwa Integanyanyigisho Yihariye
Next Article Gatsibo: Amaze Imyaka 26 Ategereje Ingurane Ya Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?