Umunyamerika N’Umufaransa Basanganywe Hantavirus Bageze Iwabo

Umwanditsi wa Taarifa
3 Min Read

Nyuma yo gusubizwa iwabo bavuye mu bwato bwagaragayemo virusi yiswe Hantavirus, Umunyamerika umwe n’Umufaransa umwe basanganwe iyo virusi nk’uko abayobozi babitangaje.

BBC yanditse ko basubiye mu bihugu byabo nyuma yo kuva mu bwato bw’ubukerarugendo bwibasiwe n’icyorezo cyahitanye abantu kikaba cyariswe Hantavirus.

Urwego rw’ubuzima rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwavuze ko undi Munyamerika wari mu ndege yabacyuye na we yagaragaje ibimenyetso byoroheje, rwongeraho ko abo bagenzi bombi batahukanywe ubu bari mu byumba byihariye byo kwirinda ikwirakwira ry’indwara.

Minisitiri w’Ubuzima w’u Bufaransa, Stéphanie Rist, yavuze ko umugore umwe w’i Paris ari mu kato kandi ubuzima bwe bukomeje kuzamba, ndetse ko abantu 22 bahuye na we bari gukurikiranwa.

Abagenzi barenga 90 bari mu bwato bwa MV Hondius buri ku birwa bya Canary muri Espagne ubu bari gusubizwa mu bihugu byabo.

Abagenzi batatu — umugabo n’umugore b’Abadage n’umugore umwe w’Umudage — nibo bapfuye nyuma yo kumara igihe batembera muri ubwo bwato bwari buturutse muri Argentine.

Hari babiri muri bo byemejwe ko bari baranduye iyo virusi.

Virusi za hantavirus zisanzwe zituruka ku mbeba, ariko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) rivuga ko bamwe mu bagenzi b’ubwo bwato bayanduriye muri Amerika y’Epfo gusa iyo ikaba indwara idapfa kwanduzanya hagati y’abantu kuko bisaba ko uyihumeka izamukiye mu mukungugu.

Ibimenyetso byayo bishobora kuba umuriro mwinshi, umunaniro ukabije, kubabara imikaya, kubabara mu nda, kuruka, impiswi ndetse no guhumeka nabi.

Abayobozi bavuga ko ibyago by’uko haba icyorezo gikomeye ku isi kugeza ubu biri hasi cyane.

Mu itangazo ryatangajwe kare kuri uyu wa Mbere, Minisiteri y’Ubuzima n’Imibereho Myiza ya Amerika yavuze ko Abanyamerika 17 bari muri iyo ndege “bazakorerwa isuzuma ryimbitse” ku kigo nderabuzima cyo muri Nebraska.

Abandi Banyamerika barindwi bari bamaze gutaha mbere, kandi bari gukurikiranirwa mu ntara batuyemo.

Umwongereza uba muri Amerika na we yajyanywe hamwe n’abo Banyamerika 17.

Mbere y’uko ikibazo cy’Umunyamerika wanduye cyemezwa, umuyobozi wa WHO, Tedros Adhanom Ghebreyesus yaburiye ko icyemezo cya Amerika cyo kudakurikiza amabwiriza y’uyu muryango ku cyorezo cya hantavirus “gishobora guteza ibyago”.

WHO yasabye ko abantu bose bavuye muri MV Hondius bajya mu kato k’iminsi 42.

Ariko Dr Jay Bhattacharya, uyoboye by’agateganyo Ikigo cya Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (CDC), yavuze ko ‘adashaka guteza ubwoba’ abaturage, ashimangira ko kwanduzanya hagati y’abantu ari guke kandi ko iyi ndwara itagomba gufatwa nka Covid.

Abagenzi bo muri ubwo bwato bafotowe bambaye amakanzu y’ubururu, ingofero z’abaganga ndetse n’agapfukamunwa, ubwo bamanukaga ku cyambu cya Grandilla de Abona muri Tenerife ku Cyumweru.

Hari Abafaransa batanu bari muri ubwo bwato.

Ku Cyumweru kandi, indege yari itwaye Abongereza 20 yageze mu Bwongereza.

N’ubwo iyo ndwara itarakara, hari ubwoba ko idakumiriwe yazaba ikibazo cyane cyane ko abantu bataribagirwa COVID-19.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *