Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamerika N’Umunya Canada Bambukiranyije u Rwanda Mo Kabiri N’Amaguru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyamerika N’Umunya Canada Bambukiranyije u Rwanda Mo Kabiri N’Amaguru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2022 4:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo babiri baherutse kwiyemeza kuzaca agahigo kwambukiranya u Rwanda mo kabiri bagenda n’amaguru. Bifuzaga kuhakora urugendo rwihuse kurusha izindi k’uburyo rwazandikwa mu gitabo by’abaciye uduhigo kitwa Guinness World Record.

Umwe muri bo witwa  Luke Forelle wo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Yandikiye Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere, RDB, avuga ko basanze byaba byiza urugendo rwabo ruciye ahantu hari ibintu by’ubwiza nyaburanga kugira ngo bazagire n’uruhare mu kubimenyekanisha muri gahunda ya Visit Rwanda.

Aho harimo no ku biyaga bya Burera na Ruhondo biri mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru.

Bagombaga kandi no guca muri Pariki y’Ibirunga ndetse no mu bindi bice bigana ku Kiyaga cya Kivu.

Forelle yavuze ko muri urwo rugendo rwabo aho bacaga hose bagombaga kugira ibyo bafotora, bakabyandika kandi bakabishyira ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo babisangize abakunzi babo benshi bari hirya no hino ku isi.

Mu kwiyemeza kwabo kandi, bariya bagabo bavugaga ko nibarangiza kwesa umuhigo, bizatinyura n’abandi bantu bakaza kugera ikirenge mu cyabo bakambuka u Rwanda cyangwa bagahitamo izindi nzira zatuma barushaho kwereka amahanga ubwiza nyaburanga bw’u Rwanda.

Aba bagabo mu minsi itanu bari barangije urugendo rwabo rureshya na kilometero 500.

Barutangiriye Kagitumba mu Karere ka Nyagatare barurangiriza muri Ruhwa mu Karere ka Rusizi.

Luke Forelle wo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yari ari kumwe na mugenzi we witwa Elliot Berenger.

TAGGED:AmerikafeaturedGusuraIbyizaKagitumbaNyaburangaNyagatareRDBRuhwaRusiziRwandaUrugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida W’u Burundi Yasenze Imana Ngo Igushe Imvura Mu Gihugu
Next Article Ndagira Ngo Nizeze Abanyarwanda Ko Bazagira Umutekano Uko Byagenda Kose-Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?