Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyamerika N’Umunya Canada Bambukiranyije u Rwanda Mo Kabiri N’Amaguru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyamerika N’Umunya Canada Bambukiranyije u Rwanda Mo Kabiri N’Amaguru

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 December 2022 4:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo babiri baherutse kwiyemeza kuzaca agahigo kwambukiranya u Rwanda mo kabiri bagenda n’amaguru. Bifuzaga kuhakora urugendo rwihuse kurusha izindi k’uburyo rwazandikwa mu gitabo by’abaciye uduhigo kitwa Guinness World Record.

Umwe muri bo witwa  Luke Forelle wo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Yandikiye Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere, RDB, avuga ko basanze byaba byiza urugendo rwabo ruciye ahantu hari ibintu by’ubwiza nyaburanga kugira ngo bazagire n’uruhare mu kubimenyekanisha muri gahunda ya Visit Rwanda.

Aho harimo no ku biyaga bya Burera na Ruhondo biri mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru.

Bagombaga kandi no guca muri Pariki y’Ibirunga ndetse no mu bindi bice bigana ku Kiyaga cya Kivu.

Forelle yavuze ko muri urwo rugendo rwabo aho bacaga hose bagombaga kugira ibyo bafotora, bakabyandika kandi bakabishyira ku mbuga nkoranyambaga kugira ngo babisangize abakunzi babo benshi bari hirya no hino ku isi.

Mu kwiyemeza kwabo kandi, bariya bagabo bavugaga ko nibarangiza kwesa umuhigo, bizatinyura n’abandi bantu bakaza kugera ikirenge mu cyabo bakambuka u Rwanda cyangwa bagahitamo izindi nzira zatuma barushaho kwereka amahanga ubwiza nyaburanga bw’u Rwanda.

Aba bagabo mu minsi itanu bari barangije urugendo rwabo rureshya na kilometero 500.

Barutangiriye Kagitumba mu Karere ka Nyagatare barurangiriza muri Ruhwa mu Karere ka Rusizi.

Luke Forelle wo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika yari ari kumwe na mugenzi we witwa Elliot Berenger.

TAGGED:AmerikafeaturedGusuraIbyizaKagitumbaNyaburangaNyagatareRDBRuhwaRusiziRwandaUrugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida W’u Burundi Yasenze Imana Ngo Igushe Imvura Mu Gihugu
Next Article Ndagira Ngo Nizeze Abanyarwanda Ko Bazagira Umutekano Uko Byagenda Kose-Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?