Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Gatwa Yatowe Nk’Umugabo W’Umwaka Mu Bwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umunyarwanda Gatwa Yatowe Nk’Umugabo W’Umwaka Mu Bwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 November 2023 10:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mizero Ncuti Gatwa yahawe igihembo mu byatanzwe bya ‘GQ Men of the Year 2023’ byatangiwe mu Bwongereza bihabwa ibyamamare mu nzego zitandukanye z’imyidagaduro.

Taliki 15, Ugushyingo, 2023 nibwo yagiherewe mu Bwongereza ahitwa London’s Royal Opera House.

Ncuti Gatwa yahembanywe n’abandi bakinnyi ba filime bakomeye barimo Jeremy Allen White, Andrew Scott, itsinda ry’abanyamuziki rya Boygenius, Kim Kardashian n’abandi.

Abantu batandukanye bagize urujijo rw’ukuntu Kim Kardashian yatowe ‘nk’umwe mu bagabo’ b’umwaka n’iki kinyamakuru cya GQ kandi ari umugore.

Ababikoze bavuga ko byakozwe kubera ibikorwa by’indashyikirwa yakoze byagereranywa n’ibya ‘kigabo’.

Ntabwo ari ubwa mbere umugore ahawe iki gihembo kuko mu mwaka wa 2005 undi mukinnyi wa filimi w’umugore witwa Jennifer Aniston yabaye uwa mbere watowe nk’umwe mu bagabo b’umwaka.

Hari n’abandi nka Mila Kunis watowe mu mwaka wa 2011, Rihanna mu mwaka wa 2012, Shailene Woodley yatowe mu mwaka wa 2014, Gal Gadot yabigezeho mu mwaka wa 2017, Serena Williams mu mwaka wa  2018, Jennifer Lopez mu mwaka wa  2019 na Megan Thee Stallion mu mwaka wa  2020.

Ncuti Gatwa yatowe nk’umugabo w’umwaka muri ‘GQ’s Men of the Year 2023 Awards’, kandi aheruka gushyirwa ku gifuniko cy’iki kinyamakuru mu nkuru yasohoye muri Ugushyingo, 2023.

Gatwa yavukiye i Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali ku wa 15 Ukwakira 1992.

Yatangiye gukina muri filime zitandukanye mu 2014 mu yitwa ‘Bob Servant’, mu 2015 akina mu yitwa ‘Stonemouth’, mu 2019 muri ‘Sex Education’ yamwubakiye izina bikomeye na ‘Horrible Histories: The Movie – Rotten Romans’.

Yagaragaye mu zindi zirimo ‘Doctor Who’ ya BBC izajya hanze mu minsi iri imbere, ‘Tomb Raider’ na ‘Barbie’ y’Abanyamerika yamwinjije neza mu ruganda rwa sinema i Hollywood n’izindi.

Gatwa ni Umunyarwanda wavukiye mu Karere ka Nyarugenge mu mwaka wa 1992.

Se yitwa Prof Tharcisse Gatwa akaba intiti mu by’iyobokamana no gusesengura inyandiko ntagatifu( Theology), we akaba akomoka mu Karere ka Karongi.

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga, umuryango wa Gatwa wimukuye Ecosse( Scotland) barahaba kugeza magingo aya.

Prof Tharcisse Gatwa
TAGGED:featuredFilimiGatwaIgihemboNcutiUmugaboUmwaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbere Y’Amahanga Tshisekedi Yashimagije Wazalendo
Next Article Burundi: Barashaka Urukiko ‘Rwihariye’ Rukurikirana Abayobozi Bakuru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi Mpuzamahanga

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Ibyinshi Mu Byaranze Amateka Y’u Rwanda Bibitswe N’Abarukolonije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?