Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda ‘Uzabishaka’ Azatanga Umubiri We Ukoreshwe Mu Bushakashatsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umunyarwanda ‘Uzabishaka’ Azatanga Umubiri We Ukoreshwe Mu Bushakashatsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2022 6:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigena imikoreshereze y’ingingo z’umuntu, tisi n’uturemangingo.

‘Ingingo’ ni igice runaka mu bigize umubiri w’umuntu urugero nk’impyiko, umwijima, umutima n’ibindi.

Mu ngingo kandi habarirwamo n’amagufa.

Tisi (tissue) ni inyama , ni ukuvuga inyama bashobora komora ku mpfundiko y’umuntu wapfuye bakayomeka ku y’undi muzima wenda kubera ko yarumwe n’imbwa cyangwa yaboze kubera cancer n’ibindi.

Uturemangingo ni uduce duto cyane twiteranya tugakora urugingo runaka. Utu turemangingo nitwo dukunda guhura n’imikorere idasanzwe igena imibereho yatwo bikaza gutera za cancers zitandukanye.

Mu isobanurampamvu ry’ishingiro ry’uriya mushinga, Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko bigamije kuzafasha Abanyarwanda barwaye kandi bakeneye guhabwa ingingo runaka kuzibona zidahenze kuko zizaba ziri mu Rwanda kuruta uko bazitumizaga mu mahanga.

Ngamije avuga ko uriya mushinga w’itegeko ugamije koroshya ikiguzi cy’ubuvuzi no gushyiraho serivisi z’ubuvuzi zitabaga mu Rwanda.

Ati: “Intego y’itegeko ni ugushyiraho uburyo bufasha ubuvuzi na gahunda yo kwigisha abaganga kubaga hasimbuzwa ingingo. Ibi bifasha abarwayi bajya mu mahanga gushaka serivisi zo guhabwa impyiko n’umwijima n’izindi ngingo kuzibona imbere mu gihugu.”

Inteko yemeje ishingiro ry’umushinga wa ririya tegeko

Yashimiye ko ririya tegeko ryemejwe kandi ngo yizeye ko bizafasha no mu gukurura abanyamahanga baza kwivuriza mu Rwanda kuko bazaba baje guhabwa ingingo z’umubiri zishobora kuba zihenda iwabo kuko zitahaboneka ku bwinshi.

Ubukungurambaga burakenewe…

Muri kamere y’Abanyarwanda, umurambo w’umuntu ni ikintu gikomeye kandi cyubahwa kuko hari abemera ko burya umuntu aba atapfuye ahubwo aba ari mu ijuru cyangwa ahandi.

Kubabwira ko bagomba kwemera ko umubiri wabo ujyanwa mu bigo by’ubushakashatsi, abanyeshuri bakajya bawugiraho kubaga cyangwa ko umwijima wabo uzahabwa abantu runaka barimo n’abanyamahanga kandi bakabyemera bishobora kuzasaba imbaraga nyinshi n’igihe kirekire.

Twibukiranye ko kugira ngo Abanyarwanda bemere gutura ku mudugudu byasabye ubukangurambaga bw’igihe kirekire buherekejwe n’umusaruro ushingiye ku bikorwa remezo byazamuye ubuzima bw’abemeye kuwuturamo.

Mu myaka iringaniye ishize, hari itegeko ryemerera abantu babishaka kwandika hakiri kare ko bifuza ko nibatabaruka imibiri yabo izatwikwa hagashyingurwa ivu.

Nta nkuru nyinshi zirandikwa zivuga ku bantu bemeye ibikubiye muri iri tegeko ngo bemere ko imibiri yabo itwika, hanyuma hagashyingurwa ivu.

Ubukungurambaga busaba Abanyarwanda kwemera ko imibiri yabo izakorerwaho ubushakashatsi ni ingenzi kandi bugomba gukorwa binyuze mu magambo aboneye, agera k’umutima w’umuturage, ntiyumve ko napfa umubiri we uzasigara ari igikinisho cy’abiga Kaminuza.

Abo mu muryango we nabo bagomba kubyumva neza kugira ngo ejo bitazakurura imanza z’urudaca hagati y’abo nyakwigendera yasize.

Dr Daniel Ngamije avuga ko buriya bukangurambaga bwo kwigisha Abanyarwanda gutanga bimwe mu bice by’ingingo k’ubushake kandi k’ubuntu, mu gihe ari bazima cyangwa bagatanga uburenganzira ko nibamara gupfa ingingo zabo zishobora gukurwaho zigahabwa abarwayi bazaba bazikeneye buzagira akamaro.

Dr Daniel Ngamije mu Nteko ishinga amategeko ari gusobanura iby’uyu mushinga w’Itegeko

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko mu myaka irindwi ishize, abarwayi 67 boherejwe mu mahanga kugira ngo bahabwe serivisi yo guhindurirwa impyiko.

Bivugwa ko uriya mushinga w’itegeko niwemezwa ukagirwa itegeko, ibiwukubiyemo bizatangira gukorerwa mu bitaro byitiriwe Umwami Fayisali mu ntangiriro z’umwaka wa 2023.

TAGGED:AbaturagefeaturedImibiriKaminuzaNgamijeUbuvuzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Human Rights Watch Nayo Yemeje Ubufatanye Bw’Ingabo Za DRC Na FDLR
Next Article Abarimu 154 Ba Mbere Bo Muri Zimbabwe Baje Kwigisha Abanyarwanda Icyongereza Gityaye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Gisagara: Ikamyo Ya Howo Yishe Abana Babiri

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Qatar Yasinyanye Na DRC Amasezerano Atandatu

Umutekano W’Abana Urenze Indyo Yuzuye-Umuyobozi wa UNICEF Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Icyerekezo Minisiteri Y’Uburezi Ifite Ku Mubare W’Abarimu

Ndayishimiye Aherutse Kujya Kwishyuza Tshisekedi

You Might Also Like

Mu Rwanda

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kagame Yaganiriye N’Itsinda Ry’Abayobozi Ba Banki Y’Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imikoranire Y’u Rwanda Na Arsenal Kuri Visit Rwanda Igiye Kugera Ku Ndunduro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?