Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwanda Yarasiwe Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umunyarwanda Yarasiwe Muri Mozambique

admin
Last updated: 14 September 2021 9:43 am
admin
Share
SHARE

Révocat Karemangingo wabaga muri Mozambique yarasiwe mu murwa mukuru Maputo yitaba Imana, Polisi ikaba yatangiye iperereza.

Amakuru avuga ko uwo mugabo wabaga muri Mozambique nk’impunzi, yarashwe kuri uyu wa 13 Nzeri ubwo yari mu nzira yerekeza iwe mu gace ka Liberdade, ari mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Vitz.

Ngo imodoka ebyiri zahise zimwitambika imwe imbere indi inyuma, araswa amasasu menshi n’abantu bari mu modoka ya Toyota Fortuner.

Uwo mugabo yishwe nyuma y’uko mu 2019, Louis Baziga wahoze ahagarariye diaspora y’u Rwanda muri Mozambique na we yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana.

Karemangingo wari usanzwe akora ubucuruzi ni umwe mu bakomeje kugarukwaho ku rupfu rwa Baziga.

Yabaye mu ngabo za kera zitwaga FAR (Forces Armes Rwandais), aho yahunze mu 1994 afite ipeti rya Lieutenant.

Muri Mozambique hakunze kuvugwa ubwumvikane buke mu banyarwanda barimo benshi bahunze igihugu, ubu bakorana n’imitwe y’iterabwoba irimo RNC ya Kayumba Nyamwasa.

Bakunda kwibasira bagenzi babo babashinja kuba ba maneko b’u Rwanda.

Ibyo bikajyana no kurebana ay’ingwe mu mpunzi ubwazo, bishingiye ku makimbirane aturuka ku bikorwa byabo cyangwa ubucuruzi .

Muri Mozambique habarirwa Abanyarwanda bagera mu 3000 batuye mu bice bitandukanye by’iki gihugu. Muri Maputo habarizwa abarenga 1500.

TAGGED:featuredMaputoMozambiqueRévocat Karemangingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article UN Yagejeje Kuri Leta Y’Abatalibani Ibikoresho Byo Kurinda Abaturage COVID-19
Next Article Mastercard Yatanze Miliyoni $55 Zizahesha Buruse Abanyeshuri 1200 Muri Kaminuza y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?