Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umunyarwandakazi Wajyanywe Mu Bufaransa Ari Ikibondo Ararangisha Umuryango We
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Umunyarwandakazi Wajyanywe Mu Bufaransa Ari Ikibondo Ararangisha Umuryango We

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2024 10:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jeannine Urambariziki avuga ko ari Umunyarwandakazi wajyanywe mu Bufaransa mu mwaka wa 1991, ubu akaba afite imyaka 33.

Muri video nshya yacaracaye ku mbuga nkoranyambaga, Urambariziki avuga ko yakoze iyo video agamije kureba niba hari uwamumenya mu bo bafitanye isano cyangwa uwari inshuti y’iwabo.

Ati: “ Nkoze iyi video ngo ndebe ko hari uwo mu muryango wacu waba akiraho akamenya”.

Jeannine Urambariziki avuga ko ari Umunyarwandakazi wajyanywe mu Bufaransa mu mwaka wa 1991

Avuga ko ubwo yageraga mu Bufaransa yari ari kumwe n’abandi bana bato 32.

Batanu muri bo babohereje ahitwa Strasbourg, muri bo bane babonye benewabo ariko we asigara ntawe arabona.

Urambaziki avuga ko akoze iyi video nyuma y’imyaka 30 ageze mu Bufaransa kandi yizeye ko noneho azabona mwenewabo.

Uyu Munyarwandakazi avuga ko Inkotanyi ari zo zamurokoye aho yari ari kumwe na Nyina wari wapfuye, zimukura mu mugongo we yatemwe mu mugongo no ku kibuno.

Urambariziki akiri umwana muto

Mu muhati we wo kumenya aho akomoka no kureba niba nta benewabo babonetse, Jeannine Urambaziki avuga ko  taliki 29, Ukwakira, 2024 azasura u Rwanda.

Afite icyizere ko iyi video izamufasha kubona bamwe mu muryango we baba bagihumeka.

IBUKA yabyinjiyemo…

Dr. Philbert Gakwenzire uyobora IBUKA avuga ko Umuryango ayobora watangiye gukurikirana ngo umenye niba hari abo mu muryango wa Jeannine Urambaziki ba bakiriho.

Yabwiye Taarifa ko IBUKA iri kubikora ibinyujije mu buryo isanzwe ikoramo, ibyo yise ‘networks zacu’.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi hari abana b’Abanyarwanda bahungishijwe n’abagiraneza bajyanwa mu Butaliyani no mu Bufaransa.

Hari n’abajyanywe ahandi.

Dr. Philbert Gakwenzire

Mu myaka yatambutse Taarifa yamenye ko hari Abanyarwanda bajyanywe mu Butaliyani ari abana, ubu bashaka gutaha iwabo.

Abahanga mu mitekerereze ya muntu bavuga ko buri wese afite uburenganzira bwo kumenya inkomoko ye.

Iyo umuntu atazi aho akomoka n’abo bafitanye isano, akurana icyuho mu buzima bwe bwo mu mutwe.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedGakwenzireIBUKAJenosideTaarifaUmunyarwandakazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanzikazi Uwase Arakebura Abanze Guhindukirira Imana
Next Article Uturere Icyenda Tumaze Gusazurwamo Ikawa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?