Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umurage We Uzahora Wibukwa – Ubutumwa Bwa Perezida Kagame Mu Gusezera Kuri Magufuli
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umurage We Uzahora Wibukwa – Ubutumwa Bwa Perezida Kagame Mu Gusezera Kuri Magufuli

admin
Last updated: 22 March 2021 8:07 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yashimishijwe no gukorana na Perezida Magufuli, ndetse ko umurage we uzahora wibukwa.

Kuri uyu wa Mbere Dr Ngirente yitabiriye umuhango wo gusezera ku wahoze ari Perezida wa Tanzania, John Pombe Joseph Magufuli, wabereye muri Jamhuri Stadium mu murwa mukuru Dodoma. Yari ahagararariye Perezida Kagame.

Dr Ngirente yihanganishije abaturage na Guverinoma ya Tanzania kubera urupfu rwa Prezida Magufuli.

Yakomeje ati “Guverinoma y’u Rwanda yashimishijwe no gukorana na Nyakubahwa Magufuli, bitari nk’uwaharaniye ukwishyira hamwe k’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba gusa, ahubwo nk’uwatanze umusanzu ukomeye kubaka umubano w’u Rwanda na Tanzania. Umurage we uzahora wibukwa.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Dr Pombe Magufuli wari Perezida wa Tanzania kuva mu 2015, witabye Imana ku wa 17 Werurwe azize indwara z’umutima.

Umuhango wo kumusezeraho witabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu barimo Uhuru Kenyatta (Kenya), Filipe Nyusi (Mozambique) Lazarus Chakwera (Malawi), Edgar Lungu (Zambia), Cyril Ramaphosa (Afurika y’Epfo), Felix Tshisekedi (DRC) n’abandi.

Magufuli azashyingurwa iwabo ku ivuko hitwa Chato mu karere ka Geita, ku wa 26 Werurwe.

Perezida Paul Kagame aheruka kuvuga ko u Rwanda rwifatanyije n’abaturage ba Tanzania muri iki gihe cy’akababaro.

Yagize ati “Perezida Magufuli yari umuntu ushyira Afurika imbere akaba n’inshuti y’igihugu cyacu. U Rwanda rwifatanyije na Tanzania na Perezida Samia Suluhu Hassan muri ibi bihe bikomeye.”

- Advertisement -

Aheruka gushyiraho igihe cy’icyunamo mu Rwanda, aho ibendera ry’igihugu n’iry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yururukijwe kugeza hagati kugeza igihe Magufuli azashyingurirwa.

Minisitiri w’Intebe Ngirente ubwo yageraga kuri Jamhuri Stadium
Uyu muhango witabiriwe n’abakuru b’ibihugu benshi

TAGGED:Edouard NgirentefeaturedJohn Pombe MagufuliPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igerageza Rishya Ryerekanye Ko Urukingo Rwa AstraZeneca Rukora Kuri 79%
Next Article U Burundi Bwemeje Ko Abantu 2600 Bamaze Gusangwamo COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?