Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umurage We Uzahora Wibukwa – Ubutumwa Bwa Perezida Kagame Mu Gusezera Kuri Magufuli
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Umurage We Uzahora Wibukwa – Ubutumwa Bwa Perezida Kagame Mu Gusezera Kuri Magufuli

Last updated: 22 March 2021 8:07 pm
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yashimishijwe no gukorana na Perezida Magufuli, ndetse ko umurage we uzahora wibukwa.

Kuri uyu wa Mbere Dr Ngirente yitabiriye umuhango wo gusezera ku wahoze ari Perezida wa Tanzania, John Pombe Joseph Magufuli, wabereye muri Jamhuri Stadium mu murwa mukuru Dodoma. Yari ahagararariye Perezida Kagame.

Dr Ngirente yihanganishije abaturage na Guverinoma ya Tanzania kubera urupfu rwa Prezida Magufuli.

Yakomeje ati “Guverinoma y’u Rwanda yashimishijwe no gukorana na Nyakubahwa Magufuli, bitari nk’uwaharaniye ukwishyira hamwe k’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba gusa, ahubwo nk’uwatanze umusanzu ukomeye kubaka umubano w’u Rwanda na Tanzania. Umurage we uzahora wibukwa.”

Dr Pombe Magufuli wari Perezida wa Tanzania kuva mu 2015, witabye Imana ku wa 17 Werurwe azize indwara z’umutima.

Umuhango wo kumusezeraho witabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu barimo Uhuru Kenyatta (Kenya), Filipe Nyusi (Mozambique) Lazarus Chakwera (Malawi), Edgar Lungu (Zambia), Cyril Ramaphosa (Afurika y’Epfo), Felix Tshisekedi (DRC) n’abandi.

Magufuli azashyingurwa iwabo ku ivuko hitwa Chato mu karere ka Geita, ku wa 26 Werurwe.

Perezida Paul Kagame aheruka kuvuga ko u Rwanda rwifatanyije n’abaturage ba Tanzania muri iki gihe cy’akababaro.

Yagize ati “Perezida Magufuli yari umuntu ushyira Afurika imbere akaba n’inshuti y’igihugu cyacu. U Rwanda rwifatanyije na Tanzania na Perezida Samia Suluhu Hassan muri ibi bihe bikomeye.”

Aheruka gushyiraho igihe cy’icyunamo mu Rwanda, aho ibendera ry’igihugu n’iry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yururukijwe kugeza hagati kugeza igihe Magufuli azashyingurirwa.

Minisitiri w’Intebe Ngirente ubwo yageraga kuri Jamhuri Stadium
Uyu muhango witabiriwe n’abakuru b’ibihugu benshi

TAGGED:Edouard NgirentefeaturedJohn Pombe MagufuliPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Igerageza Rishya Ryerekanye Ko Urukingo Rwa AstraZeneca Rukora Kuri 79%
Next Article U Burundi Bwemeje Ko Abantu 2600 Bamaze Gusangwamo COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Rwanda: Mu Minsi Mikuru Abantu 92 Bafunzwe Bazira Gutwara Banyoye Inzoga

Amashereka: Ikinyobwa Cyaremwe Mu Rukundo

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

Trump Ntarashirwa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Itegeko Ku Makosa Yo Mu Muhanda Riraremereye Cyane-Umunyamategeko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Amafoto: Abaturage Ba Ngoma Bishwe N’Inkuba Bashyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Uko Umusaruro W’Ibihingwa Wagenze Mu Gihembwe Cya Nyuma Cya 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Touadéra Yongeye Gutsinda Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?