Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusaruro w’Uruzinduko Perezida Kagame Yagiriye Muri Mauritania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Umusaruro w’Uruzinduko Perezida Kagame Yagiriye Muri Mauritania

admin
Last updated: 25 February 2022 8:24 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasoje uruzinduko rw’akazi muri Mauritania, rwasinyiwemo amasezerano arimo azatuma RwandAir itangira ingendo muri icyo gihugu mu minsi iri imbere.

Ni uruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Repubulika ya Kiyisilamu ya Mauritania ku wa 23 – 24 Gashyantare 2022, yakirwa na mugenzi we Perezida Mohamed Cheikh El Ghazouani.

Umuyobozi Ushinzwe Itangazamakuru mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Stephanie Nyombayire, yatangaje ko abayobozi bombi baganiriye ku ngingo zitandukanyee.

Yagize ati “Baganiriye ku bintu bitandukanye, ariko cyane cyane ku kibazo cy’umutekano ku mugabane wa Afurika. Perezida Kagame yamuganirije ku by’u Rwanda n’Ingabo z’u Rwanda zirimo gukora muri Repubulika ya Centrafrique no muri Mozambique.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri iyo nama ngo bemeranyije ko igisubizo cy’ikibazo cy’umutekano kizaboneka ibihugu bya Afurika byishyize hamwe ngo bishakire hamwe igisubizo.

Nyombayire yakomeje ati “U Rwanda na Mauritania basinye amasezerano y’ubufatanye mu bintu bitandukanye, kimwe muri ibyo ni uko indege za RwandAir zizatangira ingendo muri Mauritania muminsi iri imbere.”

Amasezerano yasinywe mu bijyanye n’indege kandi aha Rwandair uburenganzira bwo kuba yavana abagenzi muri Mauritania ibajyana mu bindi bihugu, ibizwi nka fifth freedom rights.

Ni amasezerano yasinywe hagati ya ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga, Ismaël Ould Cheikh Ahmed wa Mauritania na Dr. Vincent Biruta w’u Rwanda. Harimo ajyanye n’ubutwererane mu nzego ibihugu byombi bifitemo inyungu n’andi ajyanye n’ingedo zo mu kirere.

Ayo masezerano y’ubutwererane ajyanye n’inzego zirimo iza politiki, ubukungu, imibereho y’abaturage, umuco, ubumenyi na tekiniki, kimwe n’inzego z’iterambere nk’ubucuruzi, inganda, umutekano, ubuhinzi, ubworozi, ubwikorezi, uburobyi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, uburezi, ubushakashatsi, ubuzima, kurengera ibidukikije, ubukerarugendo, ubukorikori n’imikino.

- Advertisement -

Muri izo nzego ibi bihugu byiyemeje guhanahana amakuru, ingendo hagati y’ibihugu byombi, gusangira ubumenyi n’ubunararibonye n’ibikorwa bitadukanye birimo inama zizagenda zitegurwa mu nzego ziteganywa muri ayo masezerano.

Aya masezerano yasinyiwe imbere y’abakuru b’ibihugu
Perezida Kagame yanasuye ishuri rya gisirikare rya G5 Sahel
Perezida Kagame aganira na mugenzi we wa Mauritania
TAGGED:BirutafeaturedMauritaniaMohamed Cheikh El GhazouaniNyombayire StephaniePaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twasuye u Rwanda Kuko Ari Ahantu Heza Ho Kwigira Uko Amahoro Arindwa- Senateri Wo Muri Zimbabwe
Next Article Ingo 10,000 Zahawe Amashanyarazi Akomoka Ku Zuba Muri #CanaChallenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?