Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umusaza W’imyaka 73 Wakatiwe Na Gacaca Akihinduranya Amazina Yafashwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umusaza W’imyaka 73 Wakatiwe Na Gacaca Akihinduranya Amazina Yafashwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2024 6:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Gasake Wellars w’imyaka 73 y’amavuko aherutse gufatirwa mu Mudugudu wa Rebero, mu Kagari ka Gako, mu Murenge wa Masaka muri  Kicukiro nyuma y’uko yahabaga yarahinduye amazina kugira ngo atazafungirwa igihano yakatiwe na Gacaca kubera Jenoside.

Yari afite ibyangombwa yafatiye muri Uganda byanditseho ko yitwa  Muteesasira Weralis Kasachi.

Uyu mukambwe yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ariko aho aboneye ko Gacaca zitangiye ahita ajya muri Uganda.

Ibyo ntibyabujije ko aburanishwa adahari ndetse inkiko zimukatira gufungwa burundu.

Abarokotse iyo Jenoside babwiye itangazamakuru ko bazi neza uruhare rwa Gasake ndetse ko yaburanishijwe arakatirwa n’ubwo atari ahari.

Si Gasake gusa wafashwe ahubwo yafatanywe n’umuhungu we ushinjwa kumuhishira kuko yari yaramufungiranye mu nzu atuyemo muri ako Kagari ka Gako, Umurenge wa Masaka.

Yakundaga kubwira abaturanyi ko iyo nzu nta muntu uyibamo.

Aba bombi bafashwe taliki 15, Gicurasi, 2024, bashyikirizwa Polisi Sitasiyo ya Masaka.

Mu myaka yabanjirije iyaduka rya COVID-19( yadutse mu Rwanda mu ntangiriro za 2020) mu bice bitandukanye by’Umurenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro habonetse ibyobo byinshi byari byarajugunywemo imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.

Aho byagaragaye hazwi cyane ni ahitwa Gahoromani, abari bahatuye icyo gihe bakavuga ko Interahamwe zaturukaga mu bice bitandukanye bya za Muyumbu muri Rwamagana n’ahandi ari zo zishe abo bantu.a

Nyuma yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, hari bamwe mu bayikoze bahise bahungira imahanga, baza kugwayo abandi barafatwa.

Kuba Jenoside ari icyaha kidasaza bituma abayikekwaho bose baba bagomba gufatwa hatitawe ku gihe bizafata ngo bashakishwe bafatwe.

TAGGED:AbatutsifeaturedJenosideKicukiroMasakaPolisiUmukambweUmusaza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Komisiyo Y’amatora Imaze Gutangaza Umubare W’Abashaka Kwiyamamaza
Next Article Ibishoboka Ahandi No Muri Afurika Byakunda- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?