Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umushyikirano Ni Uburyo Bw’Abanyarwanda Bwo Kwinegura- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umushyikirano Ni Uburyo Bw’Abanyarwanda Bwo Kwinegura- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2023 4:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamakuru wo muri Zimbabwe witabiriye ikiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu taliki 01, Werurwe, 2023 yamubajije intandaro y’Inama y’Umushyikirano.

Perezida Kagame yamusubije ko Abanyarwanda buri gihe bahitamo kandi bakemeranya ku kintu babona ko kizabagirira akamaro.

Uwo munyamakuru wari uri muri uriya mwiherero yabwiye Perezida Kagame ko yabonye umwiherero ari ikintu cy’ingenzi abaza Perezida Kagame icyatumye ubaho.

Kagame yasubije ko Umushyikirano ari uburyo Abanyarwanda bahisemo ngo bahure, baganire, binegure ku byo batagezeho mu gihe cyahise, hanengwe abatarabigezeho, hashimwe ababikoze kandi habeho guhigira kuzagera ku bindi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Umushyikirano  ni ikintu Abanyarwanda bishatsemo kugira ngo ubafashe kwinegura, barebe  aho bashyiraho imbaraga kugira ngo tbarusheho gutera imbere.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko kuba hari ibihugu bikize bibona Afurika n’u Rwanda nk’aho ari ibihugu bitakwifatira umwanzuro, ari ibintu bimaze igihe bigize icyo bita ‘global order’.

Avuga iyo myumvire isanzwe ariko abantu bagombye kutayitindaho ahubwo abantu bagakora kugira ngo ibyo bifitemo by’ingirakamaro babibyaze umusaruro batarambirije ku bandi.

Mu kibazo cy’uko abaturage b’u Rwanda bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro, Perezida Kagame yavuze  ko ikibitera cyane cyane ari ibibera hirya no hino ku isi bigira ingaruka no ku Rwanda.

Ku rundi ruhande, avuga ko ubukungu muri rusange bumeze neza kubera ingamba Guverinoma y’u Rwanda yafashe.

- Advertisement -

Kagame avuga ko ikipe irebana n’iby’ubukungu mu Rwanda yashyizeho uburyo bwo gufasha abazahajwe n’ibibazo birimo n’ibiciro bya petelori.

Ni inyunganiza Guverinoma y’u Rwanda itanga iyinyujije mu Kigega cya Leta kugira ngo igiciro cy’ibikomoka kuri Petelori kitaremera abaturage.

Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cy’ibiciro bizamuka kikiriho ariko kizakemuka n’ubwo kizafata igihe.

TAGGED:AbanyamakurufeaturedGuverinomaIbiciroKagameLetaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Obasanjo Wigeze Kuyobora Nigeria Yakemanze Ibyavuye Mu Matora
Next Article Nyamasheke: Inkengero Z’Igishanga Cya Nyagahembe Zifitiwe Umushinga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?