Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuvugizi Wa Guverinoma Y’U Rwanda Avuga Ko Rutivanga Mu Bibera Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Umuvugizi Wa Guverinoma Y’U Rwanda Avuga Ko Rutivanga Mu Bibera Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 May 2022 2:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Yolande Makolo
SHARE

Nyuma y’uko hari intambara imaze igihe gito yubuye muri Repubulika ya Demukarasi amajwi ashinja u Rwanda kuba inyuma ibitero by’abarwanyi ba M23 akazamuka, Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda witwa Yolande Makolo yabwiye The East African ko u Rwanda rwirinda kwivanga mu bibazo by’abaturanyi barwo.

Mbere y’uko umuriro waka ku mugaragaro, abarwanyi ba M23 bari batangaje ko batakomeza kurebera ingabo za DRC ziri kubagabaho ibitero.

Col Willy Ngoma uvugira M23 yavuze ko abasirikare b’Umutwe avugira batakomeza gupfumbata amaboko ngo barebere kandi ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo ziri kubarasa.

Intara y’Amajyaruguru ya Demukarasi ya Congo yabaye isibaniro ry’imitwe y’abarwanyi imwe ivuga ko izaza gukuraho ubutegetsi bw’i Kigali indi ivuga ko ubw’i Kinshasa bwayimye ijambo bityo ko nabwo bwikwiye kuvaho.

Umwe muri iyo ishinja ubutegetsi bw’i Kinshasa kuyima ijambo mu gihugu ni M23.

Wavuze kenshi ko ubutegetsi bw’uwahoze ayobora kiriya gihugu ari we Joseph Kabila bwawimye uburenganzira bwo kwisanga mu ngabo za kiriya gihugu none n’uwamusimbuye ari we Felix Tshisekedi nawe ngo hari amasezerano bagiranye atakurikije.

Kutanyurwa n’uko bafatwa n’ubutegetsi bwa DRC byatumye abarwanyi ba M23 bafata intwaro barasana n’ingabo za kiriya gihugu.

Muri uko kurasana nibwo hari ibisasu byaguye mu Rwanda mu Turere twa Burera na Musanze.

Hari kuwa Mbere Taliki 23, Gicurasi, 2022.

Ingabo z’u Rwanda ntizatinze gusohora itangazo risaba ko habaho iperereza kandi ingabo za DRC zikabazwa icyaziteye kurasa mu Rwanda.

Ku rundi ruhande, amakuru yavaga mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yavugaga ko abarwanyi ba M23 bokeje igitutu ingabo za DRC barazisunika bazigize hirya.

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwatangaje ko ukurikije ubwinshi bw’umuriro wavaga mu mbunda za M23 ndetse n’urusaku rw’izo ntwaro, byagorana kwemera ko nta zindi mbaraga zibari inyuma.

Izo mbaraga rero nizo bavuga ko nta zindi zitari ‘u Rwanda’.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Patrick Muyaya yagize ati: “ Hari ibintu bitwereka ko M 23 iri kubona ubufasha buva mu Rwanda.”

Muyaya yabitangaje nyuma y’inama ya Guverinoma yari yatumijwe na Minisitiri w’Intebe ngo yige kuri kiriya kibazo.

Undi muyobozi mukuru muri Guverinoma ya DRC washinje u Rwanda kuba inyuma y’imbaraga nyinshi za M23 ni Minisitiri w’ububanyi n’amahanga witwa Christophe Lutundula.

Aherutse no kubibwira intumwa z’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe bari bahuriye muri Equatorial Guinea ku wa Gatatu w’Icyumweru kiri kurangira.

U Rwanda ruvuga ko ntaho ruhuriye n’ibibera hakurya…

The East African yanditse ko Umuvugizi wa  Guverinoma y’u Rwanda witwa Yolande Makolo yavuze ko u Rwanda nta mugambi cyangwa inyungu rufite mu kwivanga mu bibera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Hagati aho kandi hari abaturage bo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo cyangwa  se bahafite inkomoko batangiye gutangariza ku mbuga nkoranyambaga imvugo z’urwango bafitiye Abatutsi.

Hari n’abagaragaye bafite imihoro bavuga ko bayitemesha Abatutsi.

Abayobozi ba DRC bamaganye ziriya mvugo z’urwango, bavuga ko zidahagaze zateza akaga karimo na Jenoside.

Soma uko ibiri kubera muri kiriya gihugu byatangiye kugeza ubu…

Ibiri Gutegurirwa Muri Kivu Y’Amajyaruguru Ku Rwanda ‘Birakomeye’

TAGGED:AbarwanyiCongoDRCfeaturedM23Minisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article 65% By’Abanyarwanda Bize Igifaransa Ariko Kizwi Na Bake
Next Article Abakiliya Ba MTN Rwanda Bashobora Kohererezanya Amafaranga N’Abakiliya Ba Airtel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?