Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umuyobozi Muri RDB Asaba Abanyarwanda Kumva Ko Pariki Ari Imari Izaramba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Umuyobozi Muri RDB Asaba Abanyarwanda Kumva Ko Pariki Ari Imari Izaramba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 August 2022 7:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo hatahagwa ibikorwaremezo Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere cyubakiye abahoze batuye ahashyizwe Pariki y’Akagera mu Murenge wa Kabare ahitwa Cyarubare, Umuyobozi muri iki kigo ushinzwe ubukerarugendo Ariella Kageruka ayasabye Abanyarwanda kubungabunga Pariki z’igihugu cyabo kuko umusaruro uvamo uzabagirira akamaro bo n’abo babyaye.

Umushinga watashywe muri Kabare, ari umwe mu yindi 72 iri mu Rwanda.

https://twitter.com/Kwitaizina/status/1562036627572199424

Kageruka yavuze ko ibikorwa remezo byubatswe ari umusaruro w’uko abaturage bagize uruhare mu kurinda ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima muri rusange.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri Cyarubare hatashwe Agakiriro karimo n’aho urubyiruko rwigira imyuga.

Hari n’ibindi bikorwa bihari bigamije kurufasha kwishimira ko amafaranga ava mu bukerarugendo agirira akamaro abaturage bayituriye.

Kageruka yavuze ko hari n’indi mishinga nk’iriya yubatswe mu turere rwa Gatsibo na Nyagatare nayo yarangiye mu mwaka wa 2022.

Muri Cyarubare hanatewe ibiti 10,000 mu rwego rwo gufasha abahatuye kubona ibiti bituma bahumeka umwuka mwiza kandi bigakurura n’imvura.

Ariella Kageruka yavuze ko ibyiza  bigaragara mu bice byahoze ari Pariki ari ikintu abantu bagomba kwishimira kuko bibagirira akamaro kakazagera no ku rubyaro rwabo.

- Advertisement -

Ati: “ Iyo urenze ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima amafaranga abivamo agirira akamaro abaturiye Pariki ariko bikaguka bikagirira akamaro n’ababakomokaho. Niyo mpamvu twaje gutaha ibi bikorwa kandi n’ahandi bizahubakwa.”

Mu gihe Abanyarwanda bitegura kuzitabira igikorwa cyo kwita izina, Kageruka avuga ko ari ngombwa ko hari ibikorwa remezo bitahwa kugira ngo uriya munsi uzagere bishimiye umusaruro uva mu kwita ku bidukikije.

Avuga ko Abanyarwanda bari bamaze iminsi batizihiza umunsi wo kwita Izina kubera COVID-19 ariko ngo kuba bibaye ni ikintu cyo kwishimira .

Kuva gahunda y’isaranganyamutungo w’ibiva mu bukerarugendo bukorerwa muri za Pariki yatangira, u imishinga 880 yo guteza imbere abaturiye Pariki yaratangijwe kandi irarangira.

Yakorewe  mu Tutere  14 hirya no hino mu Rwanda.

Yagiyemo mo Miliyari Frw 9 zisaga gato. niyo imaze  gushyirwa mu mishinga y’iterambere rigamije kuzamura imibereho y’abaturage.

 

TAGGED:KagerukaKayonzaParikiRDB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Gutaka Kw’Aborozi Kwatumye Hatangazwa Ibiciro Bishya By’Amata
Next Article Buravan Yasezeweho Mu Cyubahiro Kitigeze Kibaho Ku Wundi Muhanzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Rihanna Yapfushije Se

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

M23 Irasaba Uburundi Gucyura Ingabo Zabwo Inzira Zikigendwa

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Kigali: Hagiye Gushyirwaho Ingengabihe Yo Gutwara Abagenzi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Arenga Miliyari Frw 5 Mu Mwaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Pariki Y’Akagera Igiye Kubakwamo Hoteli Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Dangote Akomeje Kuyobora Abaherwe Ba Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?