Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwanditsi Ashinja Israel Kutemera Jenoside Yakorewe Abanyarumeniya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubumenyi Rusange

Umwanditsi Ashinja Israel Kutemera Jenoside Yakorewe Abanyarumeniya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 July 2021 12:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitabo aherutse kwandika umwanditsi w’Umunyamerika ufite inkomoko muri Israel witwa Israel W.Charny yavuze ko bibabaje kuba Turikiya yarashyize igitutu kuri Israel bigatuma itemera ko habayeho Jenoside yakorewe Abanyarumeniya.

Charny avuga ko ubutegetsi bw’i Ankara bwakoze ibishoboka byose k’uburyo ubw’i Yeruzalemu butemera ko hari Jenoside yakorewe Abanyarumeniya.

Mu gitabo cye yise ‘Israel’s failed response to the Armenian Genocide: Denial, state deception, truth versus politicization of history, Charny yavuze ko ikigaragaza ko Israel itemera mu buryo bweruye Jenoside yakorewe Abanyarumeniya ari uko hari ko abayobozi bayo birinda kenshi ijambo ‘Jenoside yakorewe Abanyarumeniya’ mu mbwirwaruhame zabo.

Israel W. Charny avuga ko mu biganiro mbwirwaruhame bikorwa kuri za Jenoside, ababitegura birinda gutumiramo umuntu ufitanye isano n’Abanyarumeniya.

Umwanditsi w’Umunyamerika ufite inkomoko muri Israel witwa Israel W.Charny

Akavuga ko bikorwa mu rwego rwo kwinda ko hagira uzamura ikibazo cy’uko Jenoside yakorewe ba Sekuru itaremerwa mu buryo butaziguye n’ubutegetsi bw’i Yeruzalemu.

Ikindi iriya ntiti yanditse mu gitabo cyayo ni uko iyo bimenyekanye ko hari umuntu ukomoka muri Arumeniya watumiwe mu kiganiro mbwirwaruhame kivuga kuri Jenoside, icyo kiganiro gihita gisubikwa.

Ivuga ko bibabaje kuba Turikiya yarashyize igitutu kuri Israel nayo ikabyemera.

Asaba ko Israel yagombye kwemera ko Abanyarumeniya bakorewe Jenoside kandi ikabyemera mu buryo bweruye.

Igitabo cye hari n’aho kivuga ko Turikiya yabwiye Israel ko niyemera iby’iriya Jenoside bizashyira mu kaga Abayahudi batuye ku butaka bwa Turikiya.

Iki gitabo kinenga Israel kuba yarirengagije Jenoside yakorewe Abanyarumeniya kubera igitutu cya Turikiya

The Jerusalem Post yasomye kiriya gitabo ivuga ko hari ibika byacyo bivuga ko Turikiya yabwiye Israel ko nihirahira ikemera iby’iriya Jenoside, izayihima igafunga imipaka yari isanzwe yifashishwa n’Abayahudi bahunga ibihugu nka Syria, Iran na Iraq.

Ubwumvikane hagati ya Israel na Turikiya nibwo bwatumye ihitamo kwirinda kubangamira ab’i Ankara( Umurwa mukuru wa Politiki muri Turikiya) n’ab’i Baku ( Umurwa mukuru wa Azerbaijan).

Mu nama mpuzamahanga yigeze guterana mu mwaka wa 1982 yitabiriwe n’abahanga barimo na Elie Weisel yavugaga kuri za Jenoside, iyakorewe Abanyarumeniya yakoreshejwe inshuro esheshatu gusa mu zindi nshuro 300 zakoreshejwemo izindi Jenoside.

Igitabo cya Charny gisaba Israel kwemera Jenoside zose zakorewe ikiremwamuntu ku isi.

TAGGED:featuredIsraelJenosideTurikiyaUmwanditsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hageze Ibikoresho Bifasha Umuntu Kwipima COVID-19
Next Article Uwa Kabiri Mu Bakekwaho Kurasa General Katumba Wamala Yafashwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

Rwanda:Abagore Bakina Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Banenga Imisifurire

You Might Also Like

Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?