Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwanzuro W’Umusifuzi Wateje Rwaserera Yaguyemo Abantu 56
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Umwanzuro W’Umusifuzi Wateje Rwaserera Yaguyemo Abantu 56

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2024 5:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukino wahuje amakipe akomeye muri Guinea Conakry warangiye nabi nyuma y’uko abafana batemeranyije n’umwanzuro w’umusifuzi bakarwana muri bo hagapfa abantu 56.

Ibi byago byabereye mu Mujyi wa N’Zerekore, wa kabiri mu bunini muri Guinea Conakry.

Icyemezo cy’umusifuzi cyateje rwaserera cyari icya penaliti yatumye abo ku ruhande rw’ikipe yari ikoze ikosa ryavuyemo iyo penaliti batishima, batera amabuye mu kibuga abo ku rundi bararakara biteza imirwano ikomeye.

Al Jazeera yatangaje ko Minisitiri ushinzwe itangazamakuru muri kiriya gihugu witwa Fana Soumah, yasohoye itangazo rivuga ko hatangijwe iperereza kuri iki kibazo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Imibare igenekereje ivuga ko abantu 20,000 ari bo bari bari ku kibuga cyabereyeho ako kaduruvayo.

Indi ngingo ivugwa ni iy’uko umubare w’abaguye muri ubwo bushyamirane ishobora kwiyongera kuko hari abavunitse ingingo zikomeye nk’imbavu, amagufa y’urutirigongo n’ahandi.

Kuri X, Minisitiri w’Intebe wa Guinea Conakry, Amadou Oury Bah yatangaje ko abayobozi bari gukora ibishoboka byose ngo bagarure umutekano aho ibyo byabereye.

Ibinyamakuru byo mu Mujyi wa N’Zerekore byatangaje ko inzego zishinzwe umutekano zagerageje gukoresha ibyuka biryana mu maso ngo zitatanye abari bashyamiranye no guhosha umuvundo ariko baraziganza.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu itangaza ko abenshi mu bapfuye ari abana.

- Advertisement -
TAGGED:AbafanaGuineaRwasereraUmujyiUmukino
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Angola Yatumiye Kagame Na Tshisekedi
Next Article Urukiko Rw’Ikirenga Rugiye Kuyoborwa N’Uwayoboye Inkiko Gacaca
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

APR FC Yatsinze Rayon Iyirusha Bifatika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yakiririye Mugenzi Wa Guinée Mu Rwuri Rw’Inyambo Ze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rayon Igiye Kongera Kumvana Imitsi Na APR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?