Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Umwihariko W’Ibihembo Bigenewe Abazatsinda Muri Miss Rwanda 2022
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Umwihariko W’Ibihembo Bigenewe Abazatsinda Muri Miss Rwanda 2022

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2022 3:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukobwa uzegukana ikamba rya Miss Rwanda 2022 azahembwa ivatiri nshya yo mu bwoko bwa Hyundai bwitwa Hyundai Venue. Abategura iri rushanwa bazamugenera amafaranga  Frw 800 000 buri kwezi yo ‘kwifashisha.’

Si ibi gusa azungukira muri iyi ntsinzi kuko azishyurirwa amasomo yose muri Kaminuza ya Kigali( University of Kigali), kandi akazahabawa n’andi mafaranga azashyira mu mushinga azaba yareretse abagize Akanama nkemurampaka bakawushima ugatuma atorwa.

Ya modoka azatsindira kandi, azarangiza umwaka wose atayiguriye lisansi kuko azayihabwa ku buntu ku kuri station za Meres aho ziri hose.

Hyundai Venue

Ikigo kitwa KOPA Telecom kizamwishyurira murandasi mu gihe cy’umwaka wose mu gihe umusatsi we n’inzara bizatunganywa n’inzu yitwa Keza Salon.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ahitwa Celine d’Or hazajya hamutera ibirungo, ibyo bita Makeup, kandi n’aho hazabikora mu gihe cy’umwaka wose.

Buri mpera z’Icyumweru azajya asohokana n’abo mu muryango bajye kurya no kunywa muri Hotel La Palisse iri i Nyamata.

Yateguriwe ahantu azajya akoresha igihe cyose ashaka murandasi cyangwa izindi serivisi mu nzu yo kwa Makuza Peace Plaza, ikindi ni uko igihe cyose ashatse kwambara imyenda itari asanzwe azajya ajya kuyifata muri Ian Boutique kandi akivuriza cyangwa akaka serivisi zo kwita ku menyo ye n’akanwa ke ahitwa Diamond Smile Dental Clinic.

Igisonga cya Mbere cya Miss Rwanda we azahabwa Frw 2,400, 000 azahabwa n’Ikigo BellaFlowersRw, yishyurirwe amasomo muri Kaminuza ya University of Kigali, ajye ajyana n’ababyeyi kuruhukira muri La Palisse mu gihe cy’amezi atandatu.

Ikindi ni uko azaba afite uburenganzira bwo kujya kwivuriza amenyo cyangwa kwaka serivisi z’ubuvuzi bwo mu kanwa ku kigo Diamond Smile Dental Clinic mu gihe cy’umwaka.

- Advertisement -

Igisonga cya kabiri nawe azahabwa miliyoni 2.4 Frw, akazayahabwa n’ikigo VolcanoLtd azaba abereye ‘Ambasaderi.’

Nawe azishyurirwa amasomo muri Kaminuza ya Kigali kandi we n’umuryango we bamare amezi atatu buri mpera z’Icyumweru bajya muri La Palisse i Nyamata kuharuhukira.

Ubuzima bwo mu kanwa n’ubw’amenyo ye nabwo buzitabwaho na Diamond Smile Dental Clinic.

Umukobwa uzagaragaza umushinga ugashimwa ko ufite agashya uzanye kandi gafitiye benshi akamaro (most innovative project), azajya ahembwa Frw 500 000 buri kwezi, aya mafaranga akazayahabwa na Banki ya Kigali.

Azayibera Ambasaderi. Banki ya Kigali izamufasha kandi mu gushyira mu bikorwa umushinga we ndetse imuhe n’amahugurwa y’uko yabigenza binyuze muri gahunda yayo yise ‘Inkomoko.’

Nyampinga uzahiga abandi mu by’umuco(Miss Heritage) mu mwaka wa 2022 azahabwa Frw 5,000,000, azatangwa na Bralirwa kandi ayibera Ambasaderi wamamaza ibyayo.

Kimwe mu byo azamamaza ni ikiswe Primus Rwanda. Bralirwa izamufasha no kumenyekanisha ibiranga umuco w’Abanyarwanda aho azajya ajya hose mu gihugu kuhavuga ibiwuranga.

Nyampinga wakuzwe cyane( Miss Popularity) azahembwa Frw 2,400,000 akazayahabwa n’ikigo kitwa FORZZA Gaming.

Nyampinga wabaniye neza abandi(Miss Congeniality) nawe azahabwa Frw 2,400,000 azahabwa n’Ikigo Merez Petroleum.

Nyampinga waryoheje amafoto kurusha abandi( Miss Photogenic) nawe azahabwa Frw 2,400,000 ayahabwe n’ikigo Diamond Smile Dental Clinic.

Uzagaragaza impano kurusha abandi( talent winner) azahabwa Frw 2,400,000 azatangwa na IGIHE.

Nyampinga uzarusha abandi ibya siporo azahembwa Frw 2,400,000 akazatangwa na Smart Design.

Ikindi ni uko abakobwa 10  ba mbere bazatsinda ririya rushanwa bazemererwa kwiga muri Kaminuza ya Kigali.

Hari 20% y’amafaranga kuri buri wese uzaba wahatanye, azakurwaho ahubwo agashyira ku ngengo yagenewe ishyirwa mu bikorwa by’umushinga we.

Ikindi gishya ni uko abakobwa bazitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2022 bazahitamo umushinga ugamije igikorwa cy’urukundo cyo kuzamura imibereho myiza y’ikiciro runaka cy’Abanyarwanda.

Umushinga bazemeranyaho uzaterwa inkunga n’ikigo FORZZA Gaming.

Umukobwa uzagaragaza ubushake n’ubuhanga mu gufasha abantu kumenya ibyerekeye ubuzima bw’imyororokere, azaterwa inkunga na HDI Rwanda.

Grace Ingabire niwe wari usanzwe ari Miss Rwanda mu mwaka wa 2021
Naomie Nishimwe niwe wabaye Miss Rwanda 2020
Nimwiza Meghan niwe wabaye Miss Rwanda 2019.
Iradukunda Liliane yabaye Miss Rwanda mu mwaka wa 2018
Elsa Iradukunda yabaye Miss Rwanda 2017
Jolly Mutesi yabaye Miss Rwanda mu mwaka wa 2016
Doriane Kundwa yabaye Miss Rwanda mu mwaka wa 2015
Miss Rwanda wa 2014 yitwa Colombe Akiwacu
TAGGED:featuredMissNyampingaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Stromae Agiye Gusohora Indi Album
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Intumwa Ya Evariste Ndayishimiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?