Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UN Yagejeje Kuri Leta Y’Abatalibani Ibikoresho Byo Kurinda Abaturage COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

UN Yagejeje Kuri Leta Y’Abatalibani Ibikoresho Byo Kurinda Abaturage COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2021 4:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Indege ya Qatar Airways yageze ku kibuga cy’indege cy’i Kabul ijyanyeyo ibikoresho byo gufasha mu kurwanya COVID-19. Niyo nkunga ya mbere yo gufasha urwego rw’ubuzima bwa kiriya gihugu ihageze guhera tariki 15, Kanama, 2021.

Inkunga bahawe irimo ibikoresho bya kubaga, ibyo gupimisha COVID-19 n’ibindi by’ibanze bikenerwa n’abantu bakiva mu ntambara.

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO/OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yashimiye Qatar kiriya gikorwa yakoze cyo gufasha mu kurokora ubuzima bw’abaturage ba Afghanistan bahanganye n’ibibazo by’ubuzima n’ubukene basigiwe n’intambara ihamaze iminsi.

Tedros yanditse ati: “Abo muri Qatar mwakoze gufasha kugira ngo biriya bikoresho bigere muri Afghanistan.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibikoresho indege ya Qatar yagejeje muri Afghanistan ni toni 23 z’imiti n’ibindi bikoresho bigafasha mu gupima COVID-19, bageze i Kabul byapakiriwe i Cairo mu Misiri.

Nibyo bihageze bwa mbere nyuma y’uko ibibazo by’umutekano mucye muri kiriya gihugu bitumye imirimo y’ubutabazi no kwita ku batagira kivurira ihagarara, icyo gihe hari tariki 15, Kanama, 2021.

Biteganyijwe ko mu mpera z’iki Cyumweru hari ibindi bikoresho bizagezwa i Kabul kandi ngo bizaba ari byinshi kurushaho.

Byose nibihagera bizaba bikubiyemo imiti ifasha abantu barwaye diyabete, imiti inyobwa, igabanya ububabare, ibyuma bifasha mu kubaga ndetse n’ibifasha mu gupima COVID-19.

Muri iki gihe hari abaturage ba Afghanistan bagera kuri miliyoni 1.45 bakeneye ubufasha bw’abaganga.

- Advertisement -

Muri bo abagera kuri 5400 bakeneye kubagwa kubera uburwayi burimo ubukomeye n’ubworoheje.

Bizasaranganywa mu bitaro no bigo nderabuzima bya Afghanistan bigera kuri 280.

Qatar  ni igihugu cyafashije cyane mu bibazo Afghanistan imazemo igihe.

Ndetse n’ibiganiro byahuje Abatalibani n’ingabo z’amahanga zabaga muri Afghanistan ndetse n’ubutegetsi bwategekaga kiriya gihugu byabereye i Doha, Umurwa mukuru wayo.

TAGGED:AfghanistanCOVID-19featuredQatarTedros
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iyo Usoma Uri Kumwe N’Umwana Wawe Bikuza Ubwonko Bwe
Next Article Umunyarwanda Yarasiwe Muri Mozambique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?