Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urabeho Kanye! Kim Kardashian Yishumbushije Undi Mugabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibyamamare

Urabeho Kanye! Kim Kardashian Yishumbushije Undi Mugabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2021 6:13 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma yo kuzuza impapuro za gatanya hamwe n’umuraperi Kanye West, icyamamare Kim Kardashian ubu ari mu rukundo n’umuherwe w’Umwongereza witwa Jamie Reuben.

Reuben ni umugabo ufite umutungo ubarirwa muri miliyari z’amadolari yakuye mu nzu nyinshi akodesha mu Bwongereza n’ahandi ku isi.

Uyu mugabo nawe yatandukanye n’abagore benshi b’ibyamamare barimo na Paris Halton.

We batandukanye muri 2016.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Jamie Reuben  kandi yakundanye n’ikindi cyamamare kuri Televiziyo kitwa Marissa Montgomery baza gutandukana muri 2014.
Ni Umwongereza ukomoka mu muryango w’abakire bafite inkomoko mu Buhinde.

Avugwaho ko ari we muragwa w’umutungo w’iwabo muri iki gihe ufite agaciro ka miliyari 26 $.

Kim Kardashian we  Forbes ivuga ko afite umutungo wa miliyari 1.780$

Ni umugabo w’imyaka 30, ni ukuvuga ko Kim amurusha imyaka 10 yu’amavuko.

Jamie Reuben aziranye n’abantu bakomeye barimo n’ab’ibwami ndetse na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Bwana Borris Johnston.

- Advertisement -

Abo mu muryango we baguze inzu nyinshi harimo n’ingoro yitwa Burlington Arcade imaze imyaka 200 yubatswe.

Mu nyandiko Kim yagejeje ku rukiko yashinjaga  Kanye kutita ku rugo, gusesagura umutungo no kumuca inyuma.

Ikinyamakuru People Magazine kivuga ko bijya gucika byatangiye ubwo Kanye West yashakaga kwiyamamariza kuyobora USA.

Muri icyo gihe bivugwa ko Kanye yigeze gusaba Kim Kardashian gukuramo inda y’imfura yaje kuvuka bamwita North.

Ibi ariko Kanye West yarabihakanye.

Ikindi ni uko Kardashian yavugaga ko Kanye West yigeze gutuka Nyina amwita umunyagitugu.

Yamwise ‘Kris Jong Un.’

Kim Kardashian na Kanye West bafitanye abana bane ari bo: North(w’imyaka irindwi), Saint( w’imyaka itanu), Chicago( w’imyaka itatu), Psalm( afite amezi 21).

Umutungo w’ibi byamamare ufite agaciro ka Miliyari 20$.

Umuryango wabo wabaga mu nzu n’ubusitani bifite agaciro ka miliyoni 60$.

N’ubwo bimeze gutyo ariko, bivugwa ko Kim Kardashian we atuje mu mutima kurusha uko bimeze kuri Kanye West.

Kim ari kwita ku bana be kuko atakibana na Kanye West.

People Magazine ivuga ko Kanye muri iki gihe yiriranwa na bagenzi be baganira, basangira agahiye.

Urukiko nirwemeza ubutane, ibi byamamare bizagabana umutungo ufite agaciro ka Miliyari 20$.

Reuben na Paris Hilton
Kim ubu niwe ugezweho
Hazima uwatse koko! Ibya Kim na Kanye byarangiye
TAGGED:featuredGatanyaHiltonKanyeKardashianKimParisUmwongerezaWest
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuba Umuntu Akennye Ntabwo Bimwambura Agaciro – Kagame Avuga Kuri Afurika
Next Article Mu Rugamba Rwo Kugeza Imboga N’Imbuto Ku Bakiriya, Hari Abafite Umwihariko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?