Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubanza Rwa Béatrice Munyenyezi Rwatangiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urubanza Rwa Béatrice Munyenyezi Rwatangiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 January 2022 12:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko iburanishwa rya Béatrice Munyenyezi risubitswe mu ntangiriro za Mutarama kubera ko abamwunganiraga babuze kubera akandi kazi bari bafite, kuri uyu wa Kabiri, taliki 18, Mutarama, 2022 ryatangiye.

Ruri kuburanishwa n’Urukiko rwisumbuye rwa Huye. Ni iburanisha mu mizi riregwamo Munyenyezi ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iri buranisha ryakozwe mu buryo bw’ikoranabuhanga. Ukurikiranyweho ibyaha we afungiye muri Gereza ya Nyarugenge iri mu Murenge wa Mageragere.

Ubwo ryasubikwaga, impamvu yatanzwe icyo gihe yari iy’uko abanyamategeko bamwunganira batabonetse.

Yari inshuro ya kabiri risubitswe.

Icyo gihe Umuvugizi w’Inkiko Harrison Mutabazi  yabwiye Taarifa ko iburanisha rya Munyenyezi rizaba tariki 18, Mutarama, 2022 rikazabera mu cyumba cy’iburanisha mu Rukiko rwisumbuye rwa Huye, aho bivugwa ko uriya mugore yakoreye ibyaha.

Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda Bwana Harrison Mutabazi(Photo@Taarifa.rw)

Mbere y’uko iburanisha ryasubitswe kuri uyu wa Gatanu tariki 07, Mutarama, 2021 riba, mbere hari irindi ryari ryasubitswe.

Icyo gihe hari tariki 09, Ukuboza, 2021.

Ubwo isubikwa rya kabiri ryabaga, Taarifa yabajije Harrison Mutabazi( ni umuvugizi w’Inkiko z’u Rwanda) niba gusubika ririya buranisha bya hato na hato batari gukorwa mu rwego rwo gukerereza nkana urubanza, asubiza ko atari byo.

Ngo byari byatewe  n’uko abanyamategeko bunganira Béatrice Munyenyezi bari bafite izindi dosiye bagombaga kurangiza bakabona kuza kumwunganira ibindi babishyize ku ruhande.

Munyenyezi afite imyaka 51 y’amavuko.

Ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare.

Beatrice Munyenyezi

Ikigo cy’Amerika gishinzwe abinjira n’abasohoka giherutse kumwirukana ku butaka bw’Ameruka nyuma yo kurangiza igihano kubera icyaha cyo kubeshya ku mwirondoro we kugira ngo Amerika imuhe ubwenegihugu.

Ibye byaje kumenyekana ko ari Umunyarwandakazi wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, icyo cyaha cyo kubeshya aragihanirwa, igifungo kirangiye Amerika imwoherereza u Rwanda kugira ngo rumukurikirane ku byo aregwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

TAGGED:featuredHuyeJenosideMunyenyezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uruzinduko Rw’Intumwa Ya Museveni i Kigali Ruhatse Iki?
Next Article Bikekwa Ko Umwana Akeza Elisie Wavuzweho Kugwa Mu Kidomoro Agapfa Ahubwo Yishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?