Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rw’u Rwanda Rurasabwa Kuba Abahamya B’Indangagaciro Zarwo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urubyiruko Rw’u Rwanda Rurasabwa Kuba Abahamya B’Indangagaciro Zarwo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2025 7:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bizimana yasabye uru rubyiruko kuzakomeza kuba intangarugero mu mico no mu myifatire.
SHARE

Urubyiruko rugizwe n’abasore n’inkumi 300 baba mu Rwanda n’ababa hanze yarwo basabwe na Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu kuba intangarugero mu byiza.

Basabwe kumenya ko ari bo basagirwa igihugu ngo bakiyobore, bityo bakaba bagomba kumenya uko bitwara muri iki gihe ndetse n’aho bari hose bakerekana ko bahagarariye u Rwanda.

Urubyiruko rugize icyiciro cya karindwi cy’Itorero ry’Urungano, rwasabwe kuzaba abahamya b’uko u Rwanda rumeze n’ibyo rumaze kugeraho, bagakomeza kubera abandi urumuri n’icyitegererezo mubyo bakora.

Ubuyobozi bwa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) bwabibasabiye mu gikorwa cyo gutangiza Itorero Ry’Urungano ribagenewe cyaraye kibereye mu kigo cy’ubutore kiri i Nkumba mu Karere ka Burera.

Ni icyiciro cya karindwi cy’iri torero kitabiriwe n’abaturutse muri  Afurika, Uburayi na Amerika bazamara iminsi umunani bigishwa amateka y’u Rwanda, indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda n’ibindi.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yababwiye ko ibyo bazahigira bizabafasha mu buzima bwabo yaba mu mashuri no mu mirimo, akemeza ko burya nta bantu babaho batagira umuco ubaranga ukanabahuza.

Ati “Ndabasaba kuzakurikira ibiganiro muzahabwa, mukazabaza ibibazo bizatuma musobanukirwa, ku buryo muzava hano mufite intego yo kuba “Bandebereho”, mugaharanira kuba icyitegererezo mu muryango nyarwanda n’ahandi muzaba muri.”

Bizimana yabwiye itangazamakuru ko icyo Guverinoma ishaka kuri urwo rubyiruko nyuma yo kurangiza iryo torero, ari ukuzahamiriza amahanga ko rwasanze u Rwanda rusukuye, rutekanye kandi rutera imbere.

Ibyo bizajyanirana no kwitwara neza haba mu masomo no mu mibanire myiza na bagenzi babo aho bari hose.

Eric Mahoro ushinzwe ubunyamabanga buhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yabaciriye muri make amavu n’amavuko y’Itorero mu Rwanda.

Nk’uko abivuga, Itorero ryari uburyo Abanyarwanda batozaga ababakomotseho kuba intwari n’imfura mu mico no mu myitwarire, abato bakubaha abakuru.

Abato bigishwaga ubutwari ku rugamba, bakabwirwa ko aho kuba ikigwari ku rugamba cyangwa ngo ugambanire igihugu cyawe, byaruta ugapfa.

Eric Mahoro.

Mu mwaka wa 1924 nibwo Abakoloni bakuyeho iri shuri ryari rigenewe Abanyarwanda, babikora banga ko ryakomeza kuba ahantu hatoza Abanyarwanda kwigira no guhererekanya umuco wabo bwite.

Bwari uburyo bwo kubakumira ngo badakomeza kunga ubumwe ahubwo bakaba baragombaga gutangira kwemera no gukurikiza ibigize umuco ruzungu wa gikoloni.

Uyu muvuno kandi waje gufata kuko, mu gihe cyakurikiyeho, Abanyarwanda bayobotse uwo muco batakaza ibyabo bwite bayoboka iby’imvamahanga.

Ibi, ahanini, nibyo byaje kunyuzwamo amacakubiri hagati y’Abanyarwanda aza gukura kugeza ubwo avuyemo Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 igahitana abantu miliyoni imwe mu minsi 100 yabazwe uhereye tariki 07, Mata kugeza tariki 30 Nyakanga, uwo mwaka.

Nyuma y’uko iyi Jenoside ihagaritswe, nibwo hongeye gutangizwa Itorero rigamije kongera guha Abanyarwanda amahirwe yo kumenya indangagaciro zabo no guharanira ko zizahoraho.

Nyuma yo gusobanurirwa ibyo byose, abitabiriye iri torero bavuga ko bizeye ko ibyo baziga bitazaba amasigarakicaro.

Umwe muri bo ati: “Nzabikorera ubuvigizi, nkore ubukangurambaga mu gukunda igihugu, harimo kwitabira umuganda, gukora ibikorwa by’ubukorerabushake birimo gukemura ibibazo byugarije abaturage n’ibindi biganisha ku iterambere ry’igihugu.”

Hari n’uvuga ko ibyo azahigira bizamufungura ubwonko, akazamenya ibyo abandi bazi kandi by’ingirakamaro.

Abagenewe inyigisho zizatangirwa muri iri torero ni abasanzwe baba mu Rwanda na bagenzi babo baturutse muri Uganda, Kenya, Togo, Ububiligi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

TAGGED:BizimanafeaturedIngandoItoreroJenosideMahoroUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 
Next Article Mu Mafoto: Uko Jeannette Kagame Yahaye Abana Noheli
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?