Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Gusobanukirwa Icyo Igihugu Aricyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Gusobanukirwa Icyo Igihugu Aricyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2022 3:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu basikare bari baje gufatanya n’urubyiruko rugize Ihuriro bise YURI ni ukuvuga , Youth Unity Rwanda Imihigo, yavuze ko kuba mu Rwanda hari urubyiruko ruhuza imbaraga rukubakira umuntu utishoboye, ari kimwe mu byerekana ko rwamenye igihugu icyo ari cyo.

Abagize ririya huriro ni urubyiruko rwiga cyangwa rwarangije Kaminuza ndetse n’abandi bantu bakuru b’abanyamuryango.

Intego y’abagize uyu muryango ni uguharanira ko imihigo u Rwanda rwihaye kugeraho igerwaho kandi rukirinda kurebera abayikoma mu nkokora.

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo abagize uyu muryango bahuriye mu Murenge wa Kivuruga babumba amatafari 1030 yo kuzubakira umuturage wo muri uriya murenge ufite inzu idahaze neza.

Umurenge wa Kivuruga uba mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru.

Umuyobozi w’ingabo mu Murenge wa Kivururga witwa Murera yagize ati: “Nk’ingabo  turashimira YURI ku bikorwa nk’ibi byiza.  Biratwereka ko u Rwanda dufite urubyiruko rwiza kandi rugenda rusobanukirwa igihugu icyo aricyo. Kuba mwatekereje igikorwa nk’iki ndetse n’ibindi turibukurikizeho, byose nibitwereka ko hari icyizere ku rubyiruko cyo kuzarinda ibyagezweho  no kubakira k’Ubumwe bw’Umunyarwanda na Ndi Umunyarwanda.”

Nawe yavuze ko u Rwanda rurinzwe, ko nta mpungenge abaturage bagombye kugira.

Umuyobozi wa YURI ,Bwana Rwomushana Dominique yavuze ko ashimishijwe  n’uko umuturage agiye agiye kubona aho aba hakomeye.

Ati: “Mu izina ry’ubuyobozi bwa YURI,  tucyumva ko hari umuturage wasenyewe  n’ibiza twumvise natwe haricyo twakora ngo tumwunganire. Amaboko yacu n’umutima wacu nibo byatumye duhuza imbaraga dushyira ho uruhare rwacu tubumba amatafari kandi n’ibindi bizashoboka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga witwa Jean de Dieu Twahirwa  yashimiye  ruriya rubyiruko, avuga ko byerekana ko abishyize hawe nta kibananira.

Nyuma yo kubumba amatafari yo kuzubakira umuturage, habayeho no kuremera imiryango ibiri y’abaturage barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye.

Abaturage baremewe bishyuriwe na Mutuelle de Santé.

Bose hamwe ni abantu 17.

Urubyiruko rwa YURI ubwo rwari mu muganda rucungiwe umutekana RDF
Bunamiye imibiri ishyinguye ku rwibutso rwa Kivuruga
Basize babumbye amatafari azubakira abaturage basenyewe n’ibiza
Abaturage bagize imiryango ibiri bahawe ubwisungane mu kwivuza
TAGGED:AbaturageGakenkeImihigoJenosideYURI
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hagiye Gutezwa Imbere Gutwarira Igare Mu Misozi Ihanamye
Next Article Mu Nzego Z’Ibanze Bazamenya Ryari Ko Umuturage Ari We Igihugu Gishingiyeho?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?