Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Gusobanukirwa Icyo Igihugu Aricyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Gusobanukirwa Icyo Igihugu Aricyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2022 3:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu basikare bari baje gufatanya n’urubyiruko rugize Ihuriro bise YURI ni ukuvuga , Youth Unity Rwanda Imihigo, yavuze ko kuba mu Rwanda hari urubyiruko ruhuza imbaraga rukubakira umuntu utishoboye, ari kimwe mu byerekana ko rwamenye igihugu icyo ari cyo.

Abagize ririya huriro ni urubyiruko rwiga cyangwa rwarangije Kaminuza ndetse n’abandi bantu bakuru b’abanyamuryango.

Intego y’abagize uyu muryango ni uguharanira ko imihigo u Rwanda rwihaye kugeraho igerwaho kandi rukirinda kurebera abayikoma mu nkokora.

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo abagize uyu muryango bahuriye mu Murenge wa Kivuruga babumba amatafari 1030 yo kuzubakira umuturage wo muri uriya murenge ufite inzu idahaze neza.

Umurenge wa Kivuruga uba mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru.

Umuyobozi w’ingabo mu Murenge wa Kivururga witwa Murera yagize ati: “Nk’ingabo  turashimira YURI ku bikorwa nk’ibi byiza.  Biratwereka ko u Rwanda dufite urubyiruko rwiza kandi rugenda rusobanukirwa igihugu icyo aricyo. Kuba mwatekereje igikorwa nk’iki ndetse n’ibindi turibukurikizeho, byose nibitwereka ko hari icyizere ku rubyiruko cyo kuzarinda ibyagezweho  no kubakira k’Ubumwe bw’Umunyarwanda na Ndi Umunyarwanda.”

Nawe yavuze ko u Rwanda rurinzwe, ko nta mpungenge abaturage bagombye kugira.

Umuyobozi wa YURI ,Bwana Rwomushana Dominique yavuze ko ashimishijwe  n’uko umuturage agiye agiye kubona aho aba hakomeye.

Ati: “Mu izina ry’ubuyobozi bwa YURI,  tucyumva ko hari umuturage wasenyewe  n’ibiza twumvise natwe haricyo twakora ngo tumwunganire. Amaboko yacu n’umutima wacu nibo byatumye duhuza imbaraga dushyira ho uruhare rwacu tubumba amatafari kandi n’ibindi bizashoboka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga witwa Jean de Dieu Twahirwa  yashimiye  ruriya rubyiruko, avuga ko byerekana ko abishyize hawe nta kibananira.

Nyuma yo kubumba amatafari yo kuzubakira umuturage, habayeho no kuremera imiryango ibiri y’abaturage barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye.

Abaturage baremewe bishyuriwe na Mutuelle de Santé.

Bose hamwe ni abantu 17.

Urubyiruko rwa YURI ubwo rwari mu muganda rucungiwe umutekana RDF
Bunamiye imibiri ishyinguye ku rwibutso rwa Kivuruga
Basize babumbye amatafari azubakira abaturage basenyewe n’ibiza
Abaturage bagize imiryango ibiri bahawe ubwisungane mu kwivuza
TAGGED:AbaturageGakenkeImihigoJenosideYURI
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hagiye Gutezwa Imbere Gutwarira Igare Mu Misozi Ihanamye
Next Article Mu Nzego Z’Ibanze Bazamenya Ryari Ko Umuturage Ari We Igihugu Gishingiyeho?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?