Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urugamba Rwongeye Guhinana Hagati Ya M23 N’Ingabo Za DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Urugamba Rwongeye Guhinana Hagati Ya M23 N’Ingabo Za DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2022 10:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bice bya Karenga na Karuli hagati ya Pariki y’Ibirunga na Teritwari ya Nyiragongo, amasasu aravuza ubuhuha hagati y’abarwanyi ba M23 n’ingabo za DRC.

Aho imirwano iri kubera ni hafi ya Teritwari ya Nyiragongo muri Kivu y’Amajyaruguru.

Radiyo ya MONUSCO ikorera muri DRC yitwa Okapi ivuga ko umuvugizi wa FARDC muri Operasiyo Sokola 2 ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru, Col Guillaume Njike Kaiko ari we wemeza ko imirwano ikaze hagati y’impande zombi.

Ngo M23 yagerageje  kwinjira mu birindiro bya FARDC biherereye muri ako gace ariko bayibera ibamba.

Ati:”  Inyeshyamba za M23 zirimo kugerageza gusesera mu mirongo y’ibirindiro bya FARDC ariko twabashije kuzisubiza inyuma.”

Col  Njike Kaiko avuga ko M23 yavuye muri Kibumba itagamije kubahiriza imyanzuro yafatiwe mu biganiro bya Luanda nk’uko byatangajwe taliki 23, Ugushyingo, 2022 ahubwo ngo yari amayeri yo gukaza ibirindiro byawo mu bindi bice biherereye muri Teritwari ya Rutshuru na Nyiragongo.

Gahunda yayo y’igihe kiri imbere ngo ni ugufata Teritwari ya Masisi.

Col Njike avuga  ko inyeshyamba za M23 zagaragaye mu birindiro bitanu byo muri pariki y’i Birunga.

Bafite n’indi  gahunda yo gukomereza Kamatembo muri gurupema ya Rusayu.

Nta cyo ubuyobozi bwa M23 buratangaza ku byo ushinjwa.

TAGGED:AbarwanyiDRCfeaturedIngaboM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gambia: Abasirikare Bakekwaho Gutegura Coup D’Etat Bafashwe
Next Article Iduka Ryo Ku Mashyirahamwe Ryahiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?