Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uruhare Rw’U Rwanda Mu Mutekano Wa Centrafrique Ni Ntagereranywa-Gen Depot
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Uruhare Rw’U Rwanda Mu Mutekano Wa Centrafrique Ni Ntagereranywa-Gen Depot

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2021 6:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Byavuzwe na General Landry Urlich Depot, Umuyobozi mukuru wa Gendarmerie Nationale ya Repubulika ya Centrafrique ubwo yasuraga Ishuri rya Polisi y’u Rwanda riri mu Karere ka Rwamagana mu murenge wa Gishari.

Akigera yo yakiriwe n’Umuyobozi wa ririya shuri Commissioner of Police( CP) Robert Niyonshuti.

Yamweretse gahunda y’amasomo ahatangirwa.

Yamubwiye ati: “Police Training School ni rimwe mu mashuri ya Polisi y’u Rwanda atanga amahugurwa atandukanye ajyanye n’umwuga wa Polisi.”

Muri yo  harimo ahabwa abitegura kuba abapolisi bato ndetse n’abitegura kuba ba ofisiye bato.

Hahugurirwa n’abitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro n’abunganira Urwego rw’Uturere mu kwicungira umutekano (DASSO).

CP Niyonshuti yeretse umushyitsi we ibisabwa buri muntu wese kugira ngo yitabire amasomo atangirwa muri PTS-Gishari.

Byose ngo bitangazwa mbere y’uko umuntu aza muri ririya shuri k’uburyo aza azi neza ikimuzanye kandi  Polisi ikagenzura neza ko buri muntu yaje yujuje ibisabwa.

Umuyobozi wa PTS-Gishari yashimiye Umuyobozi mukuru wa Gendarmerie ya Repubulika ya Centrafrique kuba yasuye ririya shuri.

Yamubwiye ko Polisi y’u Rwanda yiteguye gusangira na Centrafrique ubunararibonye mu bintu bitandukanye harimo n’amahugurwa.

Yakiriwe mu cyubahiro cy’Umuyobozi mukuru mu Rwego rw’umutekano

General Landry Urlich Depot yashimiye Polisi y’u Rwanda ndetse n’inzego z’umutekano z’u Rwanda muri rusange uruhare zigira mu mutekano wa Repubulika ya Centrafrique, avuga ko ari icyitegererezo mu bijyanye n’umutekano.

Ngo uruzinduko yagiriye mu Rwanda hari icyo azarwungukiramo.

Yagize ati: “ Uruhare rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda ni ntagereranwa mu kugarura amahoro mu gihugu cyacu cya Repubulika ya Centrafrique. Nanejejwe n’amahugurwa atangirwa muri iri shuri, yo ubwayo asobanura ibikorwa tubonana Polisi y’u Rwanda haba hano mu Rwanda n’aho iba yagiye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu mahanga.”

Yatangaje ko bidatinze Urwego ayoboye ruzoherereza u Rwanda abantu rukabahugura mu kazi ka gipolisi.

Umuyobozi mukuru wa Gendarmerie Nationale ya Repubulika ya Centrafrique, General Landry Urlich Depot n’intumwa ayoboye bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itandatu.

TAGGED:CentrafriquefeaturedIshuriNiyonshutiPolisiRwandaUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bboxx Yorohereje Abaturage Bagorwaga No Kubona Amazi Muri Ndera
Next Article Perezida Kagame Yazamuye Mu Ntera Colonel Patrick Karuretwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?