Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukiko Rwemeje Ko Rusesabagina Aburanishwa Adahari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Urukiko Rwemeje Ko Rusesabagina Aburanishwa Adahari

Last updated: 24 March 2021 10:52 am
Share
Ubu ari mu butabera
SHARE

Urukiko Rukuru – Urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi – rwemeje ko Paul Rusesabagina aburanishwa adahari, nyuma yo kurumenyesha ko atazongera kurwitaba.

Nyuma y’uko kuri uyu wa Gatatu Rusesabagina w’imyaka 66 atitabye urukiko, hasomwe raporo yakozwe na CSP Michel Kamugisha uyobora gereza ya Mageragere Rusesabagina afungiyemo, ivuga ko yanze kwitaba urukiko ku bushake.

Igira iti “Tubandikiye tubamenyesha ko Bwana Rusesabagina Paul yanze kwitabira iburanisha yahamagajwemo mu buryo n’inzira zemewe n’amategeko ku bushake bwe. Impamvu yagaragarije ubuyobozi bwa Gereza ya Nyarugenge, ni uko yabwiye urukiko ko atazongera kwitabira iburanisha ry’uru rubanza ku wa 12 Werurwe 2021.”

Nyuma yo kwiherera, urukiko rwagaragaje ingingo z’itegeko rigena imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha, harimo iteganya ko “ukurikiranyweho icyaha cy’ubugome agomba kwitaba urukiko ubwe nta we umuhagarariye”, n’indi ivuga ko “uregwa atitabye nta mpamvu kandi yarahamagajwe mu buryo bukurikije amategeko, urukiko ruburanisha urubanza adahari.”

Umucamanza yavuze ko nyuma yo gusesengura izo ngingo zose, urukiko rusanga zigaragaza ko ari ihame ko uregwa icyaha cy’ubugome agomba ubwe kwitabira iburanisha, ariko igihe ataryitabiriye nta mpamvu, bitabuza ko urubanza ruburanishwa adahari.

Ni icyemezo kandi cyafashwe ku wa 18 Mata 2012 mu rubanza rwa Ingabire Victoire, aho urukiko rwemeje ko atari ngombwa kumuhatira kurwitaba, ko ariko amenyeshwa itariki urubanza ruzakomerezaho n’aho ruzabera.

Ni n’icyemezo cyafashwe no mu rubanza rwa Munyagishari Bernard wikuye mu rubanza rugakomeza, “rupfundikirwa atagarutse mu rukiko.” Cyanafashwe mu rubanza rwa Mugesera Leon “wivanye mu rubanza ariko nyuma aza kongera kwitabira iburanisha.”

Urukiko rwavuze ko ari n’icyemezo cyafashwe n’inkiko mpanabyaha mpuzamahanga mu rubanza rwa Nahimana Ferdinand na bagenzi be Jean Bosco Barayagwiza na Hassan Ngeze, rwemeje ko kwitabira iburanisha ari uburenganzira bw’uregwa, ariko ko iyo atabishaka bitabuza urubanza gukomeza “kuko kwitabira iburanisha atari ihame ntarengwa”.

Umucamanza yakomeje ati “Hashingiwe ku bimaze gusobanurwa no kuba Rusesabagina Paul atitabiriye iburanisha nta mpamvu ifatika yagejeje ku rukiko kandi yaramenyeshejwe mu buryo bukurikije amategeko umunsi w’urubanza, urukiko rusanga urubanza rugomba gukomeza kuburanishwa adahari, kuko ari we wivukije uburenganzira bwo kwitabira iburanisha ry’urubanza rwe.”

“Rusanga kandi igihe cyose atazaba yitabiriye iburanisha azajya amenyeshwa itariki urubanza ruzaberaho n’aho ruzabera akanamenyeshwa imigendekere y’urubanza. Runasanga igihe cyose iburanisha ry’urubanza ritarapfundikirwa, ari uburenganzira bwe bwo kuba yakwitabira iburanisha.”

Umucamanza yavuze ko nubwo Rusesabagina atitabye urubanza, yahawe ibyo yari akeneye byose ngo yitegure iburanisha birimo mudasobwa na dosiye yasabaga.

TAGGED:featuredFLNPaul Rusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusesabagina Yanze Kwitaba Urukiko
Next Article Igenzura Ryerekanye Ko Hari Ubuki Bwinshi Ku Isoko Butujuje Ubuziranenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?