Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukiko Rwemereye Guverinoma Y’u Bwongereza KOHEREZA Abimukira Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Urukiko Rwemereye Guverinoma Y’u Bwongereza KOHEREZA Abimukira Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 December 2022 1:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Close up of Male lawyer or judge hand's striking the gavel on sounding block, working with Law books, report the case on table in modern office, Law and justice concept.
SHARE

Icyemezo cyo kohereza abimukira mu Rwanda gifashwe n’urukiko nyuma y’amezi atatu yari ashize urukiko rukuru rw’u Bwongereza rusuzuma niba ibyo imiryango y’uburenganzira bwa muntu yavugaga byari bifite ishingiro.

Izo ngingo zavugaga ko amasezerano hagati ya Kigali na London yo kohereza abimukira mu Rwanda adashingiye ku yindi mpamvu itari ubucuruzi.

Abavugaga ibi bavugaga ko u Rwanda ruri no mu bihugu bidakurikiza uburenganzira bwa muntu.

Ikinyamakuru iNews.co.uk  cyo mu Bwongereza kivuga ko umucamanza wasomye uyu mwanzuro yavuze ko ibikubiye muri ariya masezerano ntaho ubwabyo butandukiriye amategeko mpuzamahanga agenga impunzi n’abimukira.

Umucamanza yagize ati: “ Urukiko rwanzuye  ko ibikubiye mu masezerano y’impande zombi bidatandukiriye amategeko.”

iNews.co.uk ivuga ko Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yababwiye ko u Rwanda rwishimiye kiriya cyemezo kandi ngo u Rwanda rwiteguye kuzabakira neza kuko n’ubundi rwabyiteguye mu gihe gihagije.

Uwahoze ari Umunyamabanga wo muri Guverinoma y’u Bwongereza wari ufite iyi dosiye witwa Priti Patel yakunze gusezeranya amahanga ko u Rwanda rufite ibisabwa byose ngo rwakire bariya bantu.

Perezida Paul Kagame nawe yigeze kubwira abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko abavuga ko u Rwanda rugura kandi rukagurisha abimukira, baba bibeshya.

Ngo icyo rukora ni ibikorwa bishyize mu gaciro kandi bigamije guhesha ikiremwamuntu agaciro cyane cyane ak’abantu baba bashobora kwibasirwa n’abagizi ba nabi barimo n’abacuruza abantu.

TAGGED:AbimukiraBwongerezafeaturedRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiciro By’Ibiribwa Bimwe Na Bimwe Byagabanutse Ku Isiko Ry’u Rwanda
Next Article Bamporiki Yasabye Urukiko Guhabwa Igifungo Gisubitse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?