Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urukingo Pfizer ‘Rufite Ubushobozi Buke’ Kuri COVID-19 Ya Delta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

Urukingo Pfizer ‘Rufite Ubushobozi Buke’ Kuri COVID-19 Ya Delta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2021 3:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma ya Israel iherutse guterana yibaza niba abatuye Isi batagombye kubanza gutekereza kabiri mbere yo gukingiza abaturage babo urukingo rwa Pfizer-BioNTech. Ni igitekezo cyazamuwe nyuma yo kubona ko abaturage bayo bari barakingiwe COVID-19 hakoreshejwe urukingo Pfizer-BioNTech bari kwandura ubwoko bushya bwayo bwiswe Delta.

Israel nicyo gihugu cya mbere ku isi cyakingiye abaturage bacyo benshi ku kigero cya 61% gikoresheje urukingo rwa Pfizer-BioNTech.

Kubera ubwinshi bw’abaturage bayo baherutse kwandura, byabaye ngombwa ko Minisitiri w’Intebe Naftali Bennett atumiza Inama idasanzwe ya Guverinoma kugira ngo barebere hamwe icyakorwa.

Inama yabahurije mu Biro bya Minisitiri w’Intebe biri ahitwa Kirya i Tel Aviv.

Ubu muri Israel ubwandu buri kuzamuka ku kigero cya 1.52%, ubu bukaba ari ubwandu bunini buhagaragaye ugereranyije n’uko byari bimeze guhera muri Werurwe, 2021.

Minisitiri w’Intebe wa Israel Naftali Bennett avuga ko urukingo Pfizer rutagombye kwizerwa ko rukumira Delta nk’uko abantu babicyekaga

Minisitiri Bennett avuga ko ikibazo abakora mu buzima babonye ari uko ubushobozi bwa ruriya rukingo mu kuzamurira umuntu ubudahangarwa buri hasi y’ubwo abantu barukekeraga.

Ati:” “ Mu by’ukuri ntituzi neza ubushobozi nyabwo bw’uru rukingo, ariko uko bigaragara buri hasi y’ubwo twarucyecyeraga. Kandi si hano gusa n’ahandi ku isi ni uko.”

Ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe Delta abahanga bo mu Buhinde babwise ko bwihinduranya mu buryo bubiri  butandukanye.

Ubwo buryo babuhaye amazina ari yo: L452R na E484Q.

L452R ni uburyo Delta yihinduranya busa n’ubwo ubundi bwigeze kwitirirwa California mu gihe uburyo E484Q bwo busa n’ubundi bwigeze kugaragara muri Brazil no muri Afurika y’Epfo.

Ubu buryo bwombi buherereye muri za proteins z’iriya virus k’uburyo buyifasha kwinjira no kuzahaza umuntu mu buryo bwihuse.

Minisitiri Bennett avuga ko n’ikimenyimenyi no mu Bwongereza na Amerika ahakoreshejwe ruriya rukingo cyane n’aho hari ikibazo cy’ubwiyongere bwa COVID-19 y’ubwoko bwa Delta.

Imibare yerekanywe n’ibitaro bya Johns Hopkins igasesengurwa na Dailymail.com yerekana ko buri Ntara mu zigize Amerika ifite umubare runaka wazamutse w’abanduye kandi bari barikingije Pfizer-BioNTech.

Ubu COVID-19 iri ku bwihindurize bwa kane bita Delta

Igikomeye kurushaho ni uko imibare ituruka muri Leta 40 ziri mu Leta zose 50 zigize Amerika ubwandu bwazamutseho 50%, ahibasiwe cyane hakaba ari muri  Arkansas, Louisiana na Missouri.

Ku munsi muri Amerika handura abantu batari mu nsi ya 50 000.

Ese Mu Rwanda abakingijwe uru rukingo bo bihagaze bite?

Iki kibazo twagerageje kukibaza abayobozi mu rwego rw’ubuzima barimo na Minisitiri w’ubuzima Dr Daniel Ngamije ariko adusubiza ko atwaye imodoka.

Mu Rwanda hari abakingijwe urukingo rwa Pfizer. Ese bo ubwandu bwa Delta buhagaze bute?

 

TAGGED:AfurikafeaturedNgamijeRwandaUrukingo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Gupimira Abaturage Mu Tugari, Min Gatabazi Yagiye Muri Kicukiro
Next Article Umukinnyi wa Uganda Washakaga Kwitabira Imikino Olempiki Yatorokeye Mu Buyapani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?