Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Urwango Ku Banyamerika Mu Bihugu By’Abarabu Ruri Kuzamuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Urwango Ku Banyamerika Mu Bihugu By’Abarabu Ruri Kuzamuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2023 2:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahagarariye Leta zunze ubumwe z’Amerika mu bihugu by’Abarabu baherutse guhamagara mu Biro bishinzwe ububanyi n’amahanga babwira ubiyobora witwa Antony Blinken ko amakuru y’ubutasi abageraho avuga ko Abarabu benshi bafitiye Amerika urwango kubera ubufatanye bwayo na Israel.

CNN ivuga ko nayo yabonye amakuru ava muri za Ambasade z’Amerika mu bihugu by’Abarabu avuga ko barakariye cyane Amerika kuva itangaje ko, mu buryo budasubirwaho, iri inyuma ya Israel nyuma y’uko iki gihugu gihagurukiye kurwanya Hamas muri Palestine.

Amakuru ava muri Oman avuga ko hari yo abaturage benshi bafite umujinya w’uko Amerika yahagurukiye gufasha Israel, igihugu benshi mu bihugu by’Abarabu bavuga ko ari cyo gashozantambara.

Abantu bizewe muri Oman bavuga ko ubufanye hagati ya Amerika na Israel mu kurwanya Hamas bwahaye Israel kumva ko ishobora gukora ibyaha by’intambara ntawe uyikozeho.

Ubu butumwa bwageze kuri CNN bwoherejwe n’umwe mu bakozi bakomeye muri Ambasade yayo i Muscat, umurwa mukuru wa Oman, kandi yabusangije CIA, FBI n’inama nkuru y’umutekano ya Amerika.

Mu gihe abashinzwe gusesengura amakuru nk’ayo bari bakiyanonosora, ubundi butumwa nk’ubwo bwaturutse muri Ambasade y’Amerika mu Misiri.

Bwavugaga ko ibyo Biden ari gukora mu gufasha Israel mu bikorwa byayo muri Palestine birenze  mu bugome kure  cyane ibyo abandi bakuru b’Amerika bakoze mbere ye.

Ubutegetsi bwa Biden buvugwaho kudashyira igitutu gihagije kuri Netanyahu ngo ahagarike gusenya Gaza yose cyangwa ngo atange agahenge gahagije kugira ngo abahunze Gaza bagezweho inkunga y’ibiribwa ihagije.

Aka gahenge ni ko abanyamakuru bise ‘humanitarian pause’.

Mu rwego rwo kumva icyo Abarabu muri rusange babivugaho, mu mpera z’Icyumweru gishize, mu bwami bwa Jordan  habereye inama yahuje Antony Blinken n’abadipolomate bakomeye ba Misiri, Qatar, Leta zunze ubumwe z’Abarabu ndetse na Arabie Saoudite.

Yari yatumiwemo kandi Umunyamabanga mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi muri Palestine bita Fattah.

Abadipolomate babwiye Amerika ko hagomba kubaho guhagarika ibitero bya Israel, Blinken abasubiza ko ‘ibyo bidashoboka’ kubera ko kubikora byaha Hamas umwanya wo kwisuganya no kongera kugaba ibitero kuri Israel.

Icyakora ngo Israel yemeye ko hari amasaha izajya ihagarika intambara kugira ngo hagire imfashanyo igezwa ku bayikeneye.

N’ubwo muri rusange Amerika ishyigikiye Israel ariko amakuru agera kuri CNN avuga ko hari bimwe ikora bitanezeza bamwe mu bayobozi ba Amerika.

Ibyo birimo amashusho yerekana abana, abagore n’abandi bantu bicwa n’ibisasu Israel irasa mu bice ivuga ko biba ari ‘indiri’ y’abarwanyi ba Hamas.

Ifoto@ WhiteHouse: Flickrphotos

TAGGED:AmerikaBidenCNNfeaturedHamasIsraelUrwango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Barashaka $400 Ngo Barekure Umushinwa Bashimuse
Next Article Uko Ibya CG Gasana Byagenze Mu Rukiko…
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Kagame Yibukije Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Ko Ruswa Ikiri Ikibazo

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

You Might Also Like

Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?