Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwayoboraga MTN Rwanda Yasimbujwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

Uwayoboraga MTN Rwanda Yasimbujwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 March 2025 2:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Mapula(ubanza ibumoso) agiye gusimburwa na Ali Monzer
SHARE

MTN Group ubu ifite umuuyobozi mushya witwa Ali Monzer akaba agomba gusimbura Mapula Bodibe.

Uyu mugabo yari asanzwe ayobora MTN ishami rya Sudani y’Epfo, imirimo yatangiye guhera muri Mata, 2024.

Monzer yatangiye imirimo muri MTN mu mwaka wa 2004, ashingwa serivsi zitandukanye kugeza ubwo yabaga umuyobozi ushinzwe ikoranabuhanga muri MTN Uganda.

Yavuye muri izo nshingano ahita ajya kuyobora MTN Sudani y’Epfo, aho yavuye aza kuyobora ishami ryayo mu Rwanda.

Ubuhanga bwe mu kuyobora abantu no kubaha uburyo bw’ikoranabuhanga ngo bakore byatumye ikigo akorera gitera imbere muri Sudani y’Epfo kandi gisanzwe gifatwa nka kimwe mu bigo bikora neza muri iki gihugu gito muri Politiki kurusha ibindi ku isi.

Icyizere cy’uko ubuhanga bwe buzarushaho kuzamura imikorere ya MTN mu Rwanda ni cyose.

Muri Mata, 2025 nibwo azatangira imirimo ye mu buryo bweruye.

Twabamenyesha ko Monzer yize ikoranabuhanga, akaba yarigeze kuba umukozi mu biro bikuru bya MTN Nigeria na MTN Ghana.

MTN Rwanda iherutse gutangaza ko mu mwaka wa 2025 yiyemeje gukomeza gutanga serivisi nziza, kunguka mu buryo burambye no guhanga  udushya hagamijwe guteza imbere serivisi z’imari mu gihugu.

TAGGED:featuredIkigoItumanahoMonzerMTNNigeriaSudaniu Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sudani: Ingabo Za Leta Zisubije Perezidansi
Next Article Guverinoma Y’u Rwanda Irashaka Kongera Aho Ihunika Lisansi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?