Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uwo Ari Wese Ufite Igitekerezo Cyateza u Rwanda Imbere Yahawe Rugari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Uwo Ari Wese Ufite Igitekerezo Cyateza u Rwanda Imbere Yahawe Rugari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 February 2024 9:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu cy’iterambere, RDB, cyahaye rugari uwo ari we wese ufite igitekerezo kidasanzwe abona ko cyavamo ishoramari kugitanga kikigwaho. Ni muri gahunda yiswe Call For Project Ideas.

Iyi gahunda ya RDB igamije guhuriza hamwe ibitekerezo by’abikorera ku gito cyabo na Leta kugira ngo hatangizwe imishinga ishingiye ku bitekerezo bidasanzwe by’iterambere u Rwanda rukeneye kugira ngo  mu mwaka wa 2050 ruzagere ku ntego rwihaye.

Iby’iyi gahunda byaraye bitangarijwe mu nama yaraye ibereye i Kigali yahuje abayobozi ba RDB bari bari kumwe n’abo mu kigo cy’impuguke mu by’imishinga kitwa PEMANDU Associates kizwiho gukora iyi mirimo hirya no hino ku isi.

Call for Ideas ni umushinga ureba Abanyarwanda, inshuti zabo n’abandi barushakira ibyiza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibigo bya Leta, iby’abikorera ku giti cyabo, abafatanyabikorwa mu iterambere, abahanga mu mishinga y’ubukungu, diaspora nyarwanda…bose bahawe rugari mu gutanga ibyo bitekerezo.

Nyuma y’uko ibyo bitekerezo bitanzwe, RDB n’ikigo PEMANDU bazicara babijonjoremo ibizima kurusha ibindi bakoresheje uburyo bita 8-Step Big Fast Results.

Ni uburyo butoranya ibitekerezo byatanga umusaruro munini kandi urambye kurusha ibindi.

Hazakurikiraho kubihanaho ibitekerezo binyuze mu nama nto abahanga bita Lab sessions.

Izo nama zizigirwamo uko ibyo bitekerezo byabyazwa umusaruro binyuze mu gusesengura isoko, kureba uko ibintu bihagaze haba mu Rwanda, mu Karere n’ahandi ku isi…byose bigakorwa hirindwa gutakaza iby’ingenzi byagira akamaro mu kuramba k’umushinga.

- Advertisement -

Umuyobozi mukuru wa RDB, Francis Gatare avuga ko kugira ngo igihugu gitere imbere, abikorera ku giti cyabo ari ab’ingenzi muri urwo rugendo.

Nk’umuyobozi w’iki kigo, asezeranya ba rwiyemezamirimo ko RDB izakomeza kubafasha mu ishyirwa mu bikorwa by’iyo mishinga binyuze mu nama n’ubugororangingo kugira ngo byose bikorwe bidatandukiriye amategeko y’ubucuruzi n’iterambere u Rwanda rwiyemeje.

Avuga ko gahunda ya Call for Ideas izatuma iterambere ry’u Rwanda rigera ku rwego ritigeze rigeraho mbere kubera ko hazarebwa kandi hakigwaho ku hantu hadasanzwe hashorwa imari kugira ngo naho habyazwe umusaruro.

Umuyobozi mukuru wa RDB Francis Gatare

Gatare avuga ko iterambere u Rwanda ruzagira ruzarisangiza n’abandi muri Afurika kuko u Rwanda atari akarwa.

Umuyobozi w’ikigo PEMANDU Associates witwa Aida Azmi avuga ko gukorana n’u Rwanda ari ingirakamaro kuko rusanzwe rufite gahunda z’iterambere ziboneye.

Yatangaje ko iyi mikorere iri mu yatumye Malaysia itera imbere, bituma urwego rwayo rw’abikorera ruzamuka ruva kuri 45% rugera kuri 80% mu mwaka wa 2010.

Umuyobozi w’ikigo PEMANDU Associates witwa Aida Azmi

PEMANDU Associates ni ikigo cy’abanya Malaysia.

Byitezwe ko imikoranire yacyo na RDB izatuma u Rwanda rugera ku iterambere rwihaye kandi mu gihe cyagenwe.

TAGGED:featuredGatareIgitekerezoIterambereRDB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Liberia Yagize Bwa Mbere Minisitiri W’Ingabo W’Umugore
Next Article DRC: Abasirikare Babiri B’Afurika Y’Epfo Bishwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?