Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uyobora Ikigo Cy’ Ikoranabuhanga Mu Kubaga Abarwayi Mu Nda Yasuye u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uyobora Ikigo Cy’ Ikoranabuhanga Mu Kubaga Abarwayi Mu Nda Yasuye u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2023 8:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yakiriye Prof. Dr Guillaume Marescaux  uyobora Ikigo gikora ubushakashatsi kigatanga n’amasomo mu kubaga umuntu hifashishijwe ikoranabuhanga (IRCAD Africa). Yari  kumwe n’intumwa yaje ayoboye.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko ibiganiro bagiranye byibanze ku mahugurwa y’abaganga b’Abanyarwanda bazongererwamo ubuhanga bwo kubaga hakoreshejwe uburyo budakomeretsa cyane umubiri w’umuntu.

Mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro hari kubakwa ikigo cyihariye cyo guteza imbere ubushakashatsi no guhugura abaganga babaga kanseri zifata inyama zo mu nda.

Kiri  kubakwa na IRCAD-Africa; kikazafungura imiryango hagati ya Gicurasi na Nyakanga, 2023.

Kizaba kigenewe guteza imbere ubuhanga bushya mu kubaga hakoreshejwe uburyo budakomeretsa cyane umubiri w’umuntu.

Abaganga bazagihugurirwamo, bazongererwa ubumenyi mu kubaga no gukora ubushakashatsi ku bikoresho bishya bikenerwa muri uyu mwuga.

Ni ibikoresho bikoreshwa cyane cyane mu buvuzi bwifashisha mudasobwa.

IRCAD ni Ikigo cy’Abafaransa kizobereye mu gukora ubushakashatsi mu byo kubaga umuntu hibandwa ku ndwara za kanseri zifata inyama zo mu nda y’umuntu.

Bikorwa bitabaye ngombwa ko bafungura igice kinini cy’umubiri.

Ubu buhanga abaganga babwita ‘Minimally Invasive Surgery’.

Ibyuma bya ‘robots’ na ‘cameras’ nibyo bikoreshwa cyane muri aka kazi, bigatuma uwabazwe atababara cyane kandi gukira bikihuta.

Ubu buhanga abaganga babwita Minimally Invasive Surgery

IRCAD itanga n’amahugurwa y’uburyo iri koranabuhanga rikoreshwa.

Mu rwego rwo gufasha abaganga kongera ubumenyi, hari Kaminuza itangira amasomo kuri murandasi yitwa WeBSurg iha abahanga ubundi bumenyi kuri ubu buryo bushya bw’ubuvuzi.

Abantu barenga ibihumbi 360 ku Isi yose nibo bakurikirana ayo masomo kandi atangwa ku buntu.

TAGGED:AbarwayifeaturedIkoranabuhangaKagameKubaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Yanganyije Na Bénin Ku Mukino Yari Yitezweho Intsinzi
Next Article Ikidindiza Ubuhinzi Bw’Afurika Ni Ishoramari Ricye- Dr. Agnes Kalibata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?