Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uyobora Ikigo Cy’ Ikoranabuhanga Mu Kubaga Abarwayi Mu Nda Yasuye u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uyobora Ikigo Cy’ Ikoranabuhanga Mu Kubaga Abarwayi Mu Nda Yasuye u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2023 8:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame yakiriye Prof. Dr Guillaume Marescaux  uyobora Ikigo gikora ubushakashatsi kigatanga n’amasomo mu kubaga umuntu hifashishijwe ikoranabuhanga (IRCAD Africa). Yari  kumwe n’intumwa yaje ayoboye.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko ibiganiro bagiranye byibanze ku mahugurwa y’abaganga b’Abanyarwanda bazongererwamo ubuhanga bwo kubaga hakoreshejwe uburyo budakomeretsa cyane umubiri w’umuntu.

Mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro hari kubakwa ikigo cyihariye cyo guteza imbere ubushakashatsi no guhugura abaganga babaga kanseri zifata inyama zo mu nda.

Kiri  kubakwa na IRCAD-Africa; kikazafungura imiryango hagati ya Gicurasi na Nyakanga, 2023.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kizaba kigenewe guteza imbere ubuhanga bushya mu kubaga hakoreshejwe uburyo budakomeretsa cyane umubiri w’umuntu.

Abaganga bazagihugurirwamo, bazongererwa ubumenyi mu kubaga no gukora ubushakashatsi ku bikoresho bishya bikenerwa muri uyu mwuga.

Ni ibikoresho bikoreshwa cyane cyane mu buvuzi bwifashisha mudasobwa.

IRCAD ni Ikigo cy’Abafaransa kizobereye mu gukora ubushakashatsi mu byo kubaga umuntu hibandwa ku ndwara za kanseri zifata inyama zo mu nda y’umuntu.

Bikorwa bitabaye ngombwa ko bafungura igice kinini cy’umubiri.

- Advertisement -

Ubu buhanga abaganga babwita ‘Minimally Invasive Surgery’.

Ibyuma bya ‘robots’ na ‘cameras’ nibyo bikoreshwa cyane muri aka kazi, bigatuma uwabazwe atababara cyane kandi gukira bikihuta.

Ubu buhanga abaganga babwita Minimally Invasive Surgery

IRCAD itanga n’amahugurwa y’uburyo iri koranabuhanga rikoreshwa.

Mu rwego rwo gufasha abaganga kongera ubumenyi, hari Kaminuza itangira amasomo kuri murandasi yitwa WeBSurg iha abahanga ubundi bumenyi kuri ubu buryo bushya bw’ubuvuzi.

Abantu barenga ibihumbi 360 ku Isi yose nibo bakurikirana ayo masomo kandi atangwa ku buntu.

TAGGED:AbarwayifeaturedIkoranabuhangaKagameKubaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amavubi Yanganyije Na Bénin Ku Mukino Yari Yitezweho Intsinzi
Next Article Ikidindiza Ubuhinzi Bw’Afurika Ni Ishoramari Ricye- Dr. Agnes Kalibata
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?