Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uyobora RALGA Yabuze Ikipe Y’Amagare Imwemera Akura Kandidatire Muri FERWACY
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Uyobora RALGA Yabuze Ikipe Y’Amagare Imwemera Akura Kandidatire Muri FERWACY

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2023 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ladislas Ngendahimana usanzwe uyobora RALGA yakuyemo kandidatire yari yaratanze yo kuyobora FERWACY. Niyo Kandidatire rukumbi yari yaratanzwe kugeza ubu.

Kwiyamamaza kwe kwataje impaka mu bakurikiranira hafi umukino w’abatwara amagare kubera ko nta kipe y’uyu mukino yabarizwagamo ndetse ngo n’amakipe yasabwe kumwakira kugira ngo kandidatire ye igere ireme yaramwanze kubera ko atari asanzwe awuzwimo.

Nta kipe y’amagare Ngendahimana abarizwamo

Birashoboka ko iyo mpamvu ari yo ishobora kuba yatumye akuramo kandidatire ye n’ubwo Kopi ivuga ibyayo yabonywe n’itangazamakuru ivuga ko yayikuyemo ‘ku mpamvu ze bwite.’

Ngendahimana yari umukandida rukumbi ku mwanya wa Perezida mu gihe ku wa Visi Perezida naho ari  kandidatire imwe.

Ku mwanya  w’Umunyamabanga Mukuru hari haratanzwe kandidatire ebyiri(2).

Mu ibaruwa Komisiyo y’Amatora muri FERWACY yageneye Perezida w’Agateganyo w’iri Shyirahamwe witwa  Kayirebwa Liliane  yamumenyesheje ko ku wa Mbere ari bwo yakiriye ubusabe bwa Ngendahimana akuramo Kandidatire ye.

Komisiyo y’amatora muri FERWACY yari yasabye abantu bose bashakaga kujya muri Komite nyobozi ya FERWACY ariko batari bujuje ibisabwa, ko bagombaga kuba babyujuje biterenze taliki 10, Ukwakira, 2023.

Kuri uyu wa Kane taliki 12, Ukwakira, 2023 nibwo hazatangazwa urutonde ntakuka rw’abemerewe kwiyamamaza, hanyuma bukeye bw’aho, ni ukuvuga taliki 13 Ukwakira 2023 akaba aribwo abujuje ibisabwa bagombaga gutangira kuvuga imigabo n’imigambi yabo.

Komisiyo y’Amatora igizwe na Kamanda René na Ingabire Claudine.

Kubera impamvu zavuzwe haruguru byabaye ngombwa ko abagize iyi Komisiyo  basaba  ko hongererwa igihe cyo kwakira abandi bakandida kugira ngo amatora azagende neza.

Ngendahimana Ladislas asanzwe ari Umuyobozi w’Ishyirahamwe rihuza inzego z’ibanze n’Umujyi wa Kigali (RALGA).

Bagenzi bacu ba IGIHE bamubajije by’uko yakuyemo kandidatire ye arabasubiza ati: “Mubaze abo mwabyumvanye.’’

TAGGED:featuredFERWACYIkipeIshyirahamweNgendahimanaRALGA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwero W’Ibirayi Mu Majyaruguru Wagabanuye Igiciro Cyabyo i Kigali
Next Article Abajura Banze Kumva Umuburo Wa IGP Namuhoranye Katangiye Kubabaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Bafungiwe Kwangiza Amashanyarazi

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

DRC: Ingabo Z’Uburundi Zirashinjwa Kwicisha Abanyamulenge Inzara

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ikoranabuhanga

Ubushinwa Bwatangiye Gukoresha Robo Zikora Gipolisi Mu Muhanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Rugiye Kuzuza Ikigega Cya Gazi Yakoreshwa Amezi Abiri Ntayitumijwe Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?