Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uyobora RALGA Yabuze Ikipe Y’Amagare Imwemera Akura Kandidatire Muri FERWACY
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Uyobora RALGA Yabuze Ikipe Y’Amagare Imwemera Akura Kandidatire Muri FERWACY

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2023 9:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ladislas Ngendahimana usanzwe uyobora RALGA yakuyemo kandidatire yari yaratanze yo kuyobora FERWACY. Niyo Kandidatire rukumbi yari yaratanzwe kugeza ubu.

Kwiyamamaza kwe kwataje impaka mu bakurikiranira hafi umukino w’abatwara amagare kubera ko nta kipe y’uyu mukino yabarizwagamo ndetse ngo n’amakipe yasabwe kumwakira kugira ngo kandidatire ye igere ireme yaramwanze kubera ko atari asanzwe awuzwimo.

Nta kipe y’amagare Ngendahimana abarizwamo

Birashoboka ko iyo mpamvu ari yo ishobora kuba yatumye akuramo kandidatire ye n’ubwo Kopi ivuga ibyayo yabonywe n’itangazamakuru ivuga ko yayikuyemo ‘ku mpamvu ze bwite.’

Ngendahimana yari umukandida rukumbi ku mwanya wa Perezida mu gihe ku wa Visi Perezida naho ari  kandidatire imwe.

Ku mwanya  w’Umunyamabanga Mukuru hari haratanzwe kandidatire ebyiri(2).

Mu ibaruwa Komisiyo y’Amatora muri FERWACY yageneye Perezida w’Agateganyo w’iri Shyirahamwe witwa  Kayirebwa Liliane  yamumenyesheje ko ku wa Mbere ari bwo yakiriye ubusabe bwa Ngendahimana akuramo Kandidatire ye.

Komisiyo y’amatora muri FERWACY yari yasabye abantu bose bashakaga kujya muri Komite nyobozi ya FERWACY ariko batari bujuje ibisabwa, ko bagombaga kuba babyujuje biterenze taliki 10, Ukwakira, 2023.

Kuri uyu wa Kane taliki 12, Ukwakira, 2023 nibwo hazatangazwa urutonde ntakuka rw’abemerewe kwiyamamaza, hanyuma bukeye bw’aho, ni ukuvuga taliki 13 Ukwakira 2023 akaba aribwo abujuje ibisabwa bagombaga gutangira kuvuga imigabo n’imigambi yabo.

Komisiyo y’Amatora igizwe na Kamanda René na Ingabire Claudine.

Kubera impamvu zavuzwe haruguru byabaye ngombwa ko abagize iyi Komisiyo  basaba  ko hongererwa igihe cyo kwakira abandi bakandida kugira ngo amatora azagende neza.

Ngendahimana Ladislas asanzwe ari Umuyobozi w’Ishyirahamwe rihuza inzego z’ibanze n’Umujyi wa Kigali (RALGA).

Bagenzi bacu ba IGIHE bamubajije by’uko yakuyemo kandidatire ye arabasubiza ati: “Mubaze abo mwabyumvanye.’’

TAGGED:featuredFERWACYIkipeIshyirahamweNgendahimanaRALGA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwero W’Ibirayi Mu Majyaruguru Wagabanuye Igiciro Cyabyo i Kigali
Next Article Abajura Banze Kumva Umuburo Wa IGP Namuhoranye Katangiye Kubabaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?