Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uyobora WASAC Yahaye Sena Isezerano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Uyobora WASAC Yahaye Sena Isezerano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 July 2023 6:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasenateri bagize Komisiyo y’iterambere ry’Imari n’Ubukungu muri Sena y’u Rwanda babajije ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe isuku n’isukura, WASAC, impamvu hari ingano nini y’amazi gitunganya ipfa ubusa, busubiza ko hari byinshi bibitera.

Ni mu kiganiro ubuyobozi bw’iki kigo bwaraye buhaye abasenateri, kiganje k’ukureba igituma amazi u Rwanda rutunganya biruhenze ngo ahabwe abaturage apfa ubusa.

Abasenateri bayobowe na Perezida w’iyi Komisiyo witwa Hon Nkusi Juvénal ibyo babonye mu igenzura bakoze birimo n’uko  hari ibikorwa remezo byatwaye amafaranga menshi ariko ntibigeze  amazi meza ku baturage.

Basanze hari ibyarangije kwangirika nta gihe bimaze bikora.

Bemeza ko hari abaturage hirya no hino mu Rwanda bababwiye ko bashobora kumar amezi ane nta mazi bafite.

Kubera ko nta muntu wamara icyo gihe atanywa, adateka cyangwa ngo amese imyambaro, abatuye ibice birimo icyo kibazo(Gatsibo, Bugesera, Igice cy’Amayaga n’ahandi) bahitamo kugana ibishanga birimo amazi y’ibidendezi kandi aya ntatinda kwandura.

Hejuru y’ibi, hiyongeraho ko hari andi mazi aba yatunganyijwe binyuze mu guyayunguruza imiti n’irindi koranabuhanga ariko akameneka ataragera ku bayagenewe.

Abagize Komisiyo y’iterambere ry’imari n’ubukungu muri Sena y’u Rwanda bavuga ko uku kwangirika kw’amazi  n’ubuke bwayo bizatuma Leta itagera ku ntego yihaye y’imyaka irindwi iri muri  NST1 ku ngingo yo gukwirakwiza amazi meza mu baturage.

Abasenateri basabye  Umuyobozi w’agateganyo  wa WASAC gushakira ibi bibazo umuti urambye kugira ngo abaturage babone amazi meza.

Senateri Nkusi Juvénal yabajije umuyobozi wa WASAC icyo bagiye gukora kugira ngo ibyo bibazo bikemuke burundu.

Abasenateri bayobowe na Perezida w’iyi Komisiyo witwa Hon Nkusi Juvénal

Gisèle Umuhumuza uyobora by’agateganyo iki kigo kiri mu bikunze kunengwa na Raporo y’Umugenzizu w’Imari ya Leta yasubije ko ‘bazajya bihutira’ kugera ahatobotse amatiyo kugira ngo asanwe byihuse.

Ati: “Igikorwa cyo gusana ibikoresho birimo n’amatiyo byangiritse tuzajya tubikora vuba bitarenze iminota 30 bikimara kuba ndetse tubimenye mbere yaho twahita twihutira kubisana. Ikindi kizakorwa ni ukuvugurura mubazi n’izidakora neza zikavanwaho.”

Umuhumuza  yasobanuye ko ikigo ayoboye gifite ibibazo birimo ibikoresho bishaje nk’impombo zijyana amazi, mubazi zishaje, ndetse n’izitabara neza n’ikibazo cy’uko umubare w’abashaka amazi ari munini kandi amazi igihugu gitunganya ngo akoreshwe ari make.

Avuga ko iyi ari yo mpamvu amazi ahari asaranganywa abaturage cyane cyane abatuye imijyi.

Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa  2022 yakorewe WASAC yagaragaje ko inganda zitunganya amazi zikora ku kigero kiri hasi cyane y’ubushobozi zifite.

Mu nganda 25 ziri mu Rwanda , inganda 11 zikora ku kigero kiri munsi ya 75% by’ubushobozi bwazo.

Iyo raporo ikomeza ivuga ko kuri metero kibe zisaga miliyoni 68 z’amazi yatunganyijwe mu mwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2022, WASAC yagurishije gusa metero kibe zisaga Miliyoni 37 bingana na 55% by’amazi yakagurishijwe. I

Mu yandi magambo, bisobanuye ko metero kibe zisaga miliyoni 30 ni ukuvuga 45% zitagurishijwe bityo  WASAC ihombye Leta  Miliyari Frw 9.9.

TAGGED:AbaturageAmatiyoAmazifeaturedNkusiSenaUmuhumuzaWASAC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biyemeje Gukorana Mu Nyungu Z’Urusobe Rw’Ibinyabuzima By’Afurika
Next Article Minisitiri W’Ububanyi N’Amahanga W’Ubushinwa Yirukanywe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

You Might Also Like

Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?