Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Virus Y’Ibicurane By’Ibiguruka ‘Yageze Mu Bantu’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Virus Y’Ibicurane By’Ibiguruka ‘Yageze Mu Bantu’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2021 7:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ubwa mbere mu mateka abantu banduye ibicurane by’ibiguruka. Aya makuru ateye ubwoba yatangajwe bwa mbere mu Burusiya aho abakozi barindwi bo mu kigo cyorora inkoko bapimwe basanganwa Virus yitwa H5N8 isanzwe mu biguruka.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi ryatangaje ari ubwa mbere mu mateka abantu bavuzweho kandura iriya virus y’ibicurane by’ibiguruka yitwa H5N8.

N’ubwo bariya bakozi bagaragaza ibimenyetso bidakomeye ariko kuba hari abantu bagaragaweho buriya bwandu nicyo gihangayikishije abahanga mu by’ibyorezo.

Umwe mu bakora mu rwego rw’ubuzima mu Burusiya wiwa Anna Popova yagize ati: “Ni amahire ko kugeza ubu abantu badashobora kwanduzanya iriya virus ariko kuba ibiguruka biyanduza abantu nabyo biraduhangayikishije.”

Kuba Popova avuga gutya ntibikuraho ko abantu nabo bashobora kwanduzanya iriya virus kuko ubushakashatsi kuri yo bugikomeje.

COVID -19 icyaduka mu isi, abahanga  ntibahise bamenya ko abantu bashobora kuyanduzanya ako kanya ariko uko iminsi yihitaga niko bayisobanukiwe.

Anna Popova yishimira ko iriya virus yagaragaye hakiri kare bityo ko gutangira kwiga imiterere yayo no kureba niba yabonerwa urukingo ari ikintu kiba kihutirwa.

Virus H5N8 yari isanzwe izwi mu nkoko ndetse yigeze kugaragara mu nkoko zo mu Bufaransa biba ngombwa ko zicwamo izigera kuri miliyoni ebyiri mu rwego rwo kwanga ko handura nyinshi kurushaho.

CNN yanditse ko muri 2014 iriya virus yagaragaye mu Budage, u Bwongereza, n’u Buholandi.

Muri iki gihe abatuye isi bari mu kaga ko kwibasirwa n’ibyorezo.

Ubwo Ebola yari itangiye kugenza amaguru make muri Afurika, mu Bushinwa hahise haduka COVID-19.

Mu minsi mike ishize, Ebola yongeye gutangazwa ko yagarutse muri DRC no muri Guinée.

Kuba mu Burusiya havugwa indi ndwara ishobora kuvamo icyorezo, nabyo birahangayikishije.

TAGGED:AbibumbyeBurusiyafeaturedH5N8IbicuraneIbiguruka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatuye Gakenke Bagiye Kubona ‘Indi Mihanda’ Ya Kaburimbo
Next Article Umukobwa Wo Muri Jamaica Yatumye Miss Kayibanda Ava Mu Rukundo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?