Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Visi Perezida wa Kenya ‘Yikomye’ Perezida Kenyatta
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Visi Perezida wa Kenya ‘Yikomye’ Perezida Kenyatta

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2021 4:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe abatuye Kenya bitegura gutora Umukuru w’Igihugu, ubu umwuka wa politiki watangiye gushyuha.

Visi Perezida wa Kenya witwa William Ruto ubwo yiyamamazaga yabwiye abamushyigikiye ko arakazwa n’uko Perezida Kenyatta amuteranya n’abaturage, aho kugira ngo amutere ingabo mu bitugu.

Mu matora yo muri 2007  William Ruto yashyigikiye Raila Odinga bakora ihuriro hagamijwe kuzashyiraho Guverinoma ihuriweho n’amashyaka menshi.

The Nation yanditse Ruto yavuze ko kumushyigikira byatumye Odinga aba Minisitiri w’Intebe, yongera ho ariya matora yakurikiwe n’imidugararo yatumye atumizwa mu Rukiko Mpuzamahanga mpanabyaha, ICC ashinjwa uruhare muri byo.

Ati:“ Ikibabaje ni uko ubwo nari ndi yo atigeze[Odinga] ansura cyangwa ngo agire icyo avuga cyo kumvuganira.”

Yongeyeho ko ubwo yagarukaga avuye i La Hague yahisemo guhuza imbaraga na Uhuru Kenyatta bakora ihuriro ryatumye batsinda amatora, bayobora Kenya.

Bwana William Ruto yavuze ko no muri 2017 yashyigikiye Uhuru ndetse ko n’igihe ibyavuye mu matora byangwaga, bongeye baratsinda ubwo yasubirwagamo.

Kuri we asanga kuba Kenyatta atamushyigikira muri ibi bihe ari ukumuhemukira.

Avuga ko ababazwa n’uko aho kumufasha kugira ngo bakomeze mu murongo bahoranye, ahubwo amwangisha abaturage.

Ku ruhande rwe, avuga ko yongeye gutorwa yazafasha abacuruzi baciriritse  kongera ubucuruzi bwabo binyuze mu kubaha igishoro gifatika kizava mu kigega yise National Government Constituency Development Fund.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Kenya azaba muri 2022.

TAGGED:featuredKenyatttaMu MahangaPerezidaRutoWilliam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuhamya Bw’Abahohotewe N’Ingabo za Uganda Mu Bihe By’Amatora
Next Article Polisi Yafatanye Abantu Ibilo 630 By’Amabuye Y’Agaciro Ya Magendu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?