Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Winnie Byanyima Yasuye Monique Nsanzabaganwa, Baganiriye Izihe Ngingo”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Winnie Byanyima Yasuye Monique Nsanzabaganwa, Baganiriye Izihe Ngingo”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 March 2021 1:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi wungirije wa Komisiyo y’Africa yunze ubumwe, Madamu Dr Monique Nsanzabaganwa yagiranye ibiganiro na Madamu Winnie Byanyima uyoboye Ishami Rya UN rishinzwe kurwanya SIDA. Barebeye hamwe uko inzego bahagarariye zakorana mu guhangana n’ikwirakwira rya SIDA ndetse no gukumira ingaruka zayo.

Dr. Monique Nsanzabaganwa yahoze ari visi Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda.  Ku myaka 50 yatorewe kuba umuyobozi mukuru wungirije w’umuryango wa Afurika yunze ubumwe.

Ubwo yahanganaga n’abandi bashakaga uriya mwanya, yawutsindiye ku  bwiganze bw’amajwi 42 muri 55 y’abatora.

Amatora yabereye mu nama isanzwe ya 34 y’Umuryango wa Africa yunze Ubumwe.

Kuri uyu mwanya, Dr. Nsanzabaganwa asimbuye Quartey Thomas Kwesi wari umazeho imyaka 4.

Yungirije Dr. Moussa Faki Mahamat nawe wongeye gutorerwa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu yindi manda y’imyaka 4 .

Baganiriye uko inzego zakorana mu guhashya VIH/SIDA

Byanyima ni muntu ki?

Madamu Winifred Byanyima, ni UmunyaUgandakazi. Yize ibyo gutwara no gukora indege, ariko azwi cyane muri politiki n’ububanyi n’amahanga.

Muri iki gihe niwe uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA, (UNAIDS).

Umuhati we watumye yiyemeza ko SIDA igomba kuzaba yaracitse ku isi bitarenze 2030.

Ni umwe kandi mu bantu baharaniye ko urukingo rwa COVID-19 ruboneka kandi rugasaranganywa abantu bose nta kurobanura.

Mbere y’uko ayobora ririya shami, yari asanzwe ari Umuyobozi mukuru wa Oxfam, uyu ukaba ari umuryango mpuzamahanga utegamiye kuri Leta ukorera mu bihugu 90 ku isi Yavukiye i Mbarara akaba ari umufasha w’umunyapolitiki Bwana Kizza Besigye.

TAGGED:AfurikaByanyimafeaturedGuverineriNsanzabaganwaRwandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article “Être Covidé”, “Les Poches Sont Confinées” …Imvugo Z’Urwenya Kuri COVID-19
Next Article Nguesso ‘Afite Amahirwe’ Yo Kongera Kuyobora Congo-Brazzavile
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umutekano W’Abana Urenze Indyo Yuzuye-Umuyobozi wa UNICEF Mu Rwanda

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Nyamagabe: Ikibazo Cy’Ingo Zidafite Ubwiherero Buboneye Kirakomeye

Airtel-Rwanda Na Mbonyi Barabararitse Mu Gitaramo Icyambu Tour 4

Kagame Yaganiriye N’Itsinda Ry’Abayobozi Ba Banki Y’Isi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

2.9% By’Abanyarwanda Bafite Diyabete:RBC

Umuyobozi Wa Polisi Ashima Umusanzu W’Iya Eswatini 

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

Ruhango: Arakekwaho Kwicisha Nyirakuru Inkoni

You Might Also Like

Imikino

Imikoranire Y’u Rwanda Na Arsenal Kuri Visit Rwanda Igiye Kugera Ku Ndunduro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ndayishimiye Aherutse Kujya Kwishyuza Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?