Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Xi Jinping Agiye Gusura Afurika Y’Epfo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Xi Jinping Agiye Gusura Afurika Y’Epfo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2023 8:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Cyumweru kizatangira taliki 21, Kanama, 2023 Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping azajya muri Afurika y’Epfo kuganira na mugenzi we Cyril Ramaphosa. Azaboneraho no kwitabira n’Inama izahuza ibihugu byishyize hamwe mu iterambere bigize ikitwa BRICS.

Iri ni ihuriro ry’ubukungu ryatangijwe n’Ubushinwa, Uburusiya, Brazil n’Ubuhinde. Nyuma haje kwiyongeraho na Afurika y’Epfo kandi hari ibindi bihugu biri gusaba kuwujyamo birimo na Arabie Saoudite.

Iby’uko Perezida Xi azajya muri Afurika y’Epfo byaraye bitangajwe n’Umuvugizi muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga witwa Hua Chunying.

Chunying avuga ko Perezida Ramaphosa ari we watumiye Xi ngo azamusure baganire, nyuma abonereho no kwitabira iriya nama.

Ramaphosa ashaka kuganira na Xi Jinping uko ibihugu byombi bwakomeza gukorana mu by’ubukungu no mu byo kugira uruhare mu gukemura amakimbirane ari hirya no hino ku isi.

Inama ya BRICS izabera Johannesburg izigirwamo uko ibihugu biyigize byakomeza kuzamura urwego rw’ubukungu bwabyo bityo bikabiha kugira ijambo riruta iry’ibihugu bigize umuryango wa G7.

Iyi G7 (The Group of Seven) igizwe n’ibihugu birindwi bifite ubukungu buteye imbere kurusha ibindi ku isi.

Ibyo ni Canada, Ubufaransa, Ubudage, Ubutaliyani, Ubuyapani, Ubwongereza na Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Mu nama ya BRICS izabera muri Afurika y’Epfo, Perezida Putin azayitabira mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Ikindi kidasanzwe kizabera muri iriya nama ni uko yatumiwemo ibihugu 69.

Uyu mubare ukubiyemo n’ibihugu byose by’Afurika.

Hagati aho Algeria, Arabie Saoudite, Argentine na Ethiopia byamaze gusaba ko byakwemererwa kujya muri BRICS.

Kwiyongera kw’ibihugu muri BRICS biha Ubushinwa imbaraga mu rugamba rwo kuba igihangange buhanganyemo n’Amerika.

Abahanga mu by’ubukungu bavuga ko umutungo ibihugu bigize BRICS bifite, ungana na 26% by’umutungo wose w’isi kandi abaturage babyo ni 40% by’abatuye isi bose.

Soma indi bijyanye:

Ibihugu Kigize Ikitwa BRICS Bifite Umutungo Uruta Uw’Ibigize G7

 

TAGGED:Afurika y'EpfofeaturedRamaphosaUbukunguUbushinwaXi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Alpha Blondy Yabwiye Abanyaburayi Ko Aribo Bateza Iterabwoba Ku Isi
Next Article Hadutse Ubwoko Bushya Bwa COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?